COVID-19: Abaturarwanda barasabwa gukomeza gukurikiza amabwiriza kugira ngo hasezererwe gahunda ya guma mu rugo
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Gashyantare nibwo inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda. Bimwe mu byo iyi nama yemeje harimo ko mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 ingamba zose zisanzwe mu gihugu harimo na gahunda ya guma mu rugo mu Mujyi wa Kigali zikomeza gukurikizwa guhera ku itariki ya 3 Gashyantare kugeza tariki ya 7 Gashyantare2012. Kuva tariki ya 8 hazatangira kubahirizwa ingamba nshya harimo izihariye ku Mujyi wa Kigali. Inkuru irambuye...
Hari abantu bakomeje kugaragaza ko kubahiriza amabwiriza yo kurwanya COVID-19 ntacyo bibabwiye-CP Kabera
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Gashyantare muri sitade 4 zihurizwamo abantu barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 harimo abantu 363, bigaragara ko abantu bagikomeje kurenga ku mabwiriza yo kurwanya iki cyorezo. Inkuru irambuye...
Bugesera: Abantu 113 bafatiwe mu tubari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare Polisi y'u Rwanda yafashe abantu 113 bari mu tubari dutandukanye two mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata barimo kunywa inzoga, ni mu gihe amabwiriza yo kwirinda COVID-19 avuga ko utubari dufunze. Inkuru irambuye...
Musanze: Abantu barenga 90 bafatiwe mu mazu barenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 barimo gusenga
K’ubufatanye n’abaturage, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Nkotsi yafatiye abantu 94 mu mazu abiri atandukanye barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Aba bantu bafashwe mu gitondo mu masaha ya saa yine kuri iki cyumweru tariki ya 31 Mutarama bafatirwa mu Murenge wa Nkotsi mu Kagari ka Bikara mu Kagari ka Karambi. Inkuru irambuye...
Kamonyi: Polisi yafashe magendu y’amabuye y’agaciro ibiro 560
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Gashyantare ahagana saa kumi n’imwe n’igice za mugitondo nibwo abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi bafashe imodoka ifite ibirango RAC 963 F ipakiyemo ibiro 560 by’amabuye y’agaciro ya magendu. Yafatiwe ku kiraro cya Nyabarongo yerekeza mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Kicukiro, amabuye yari ubwoko bubiri (Koluta na Gasegereti), imodoka yari itwawe n’uwitwa Nshimiyimana Anderson w’imyaka 46 yari kumwe n’abandi bantu 5. Inkuru irambuye...
Kayonza: Polisi yafashe abantu babiri bafite ibiro 14 by'urumogi
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Mutarama Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Mukarange yafashe uwitwa Ngezahoguhora Theogene w'imyaka 22 na Mazimpaka Osia w'imyaka 41, bafatiwe mu Murenge wa Mukarange mu Kagari ka Nyagatovu mu Mudugudu wa Akabeza, bafatanwe ibiro 14 by'urumogi bari bagiye gukwirakwiza mu baturage. Inkuru irambuye...
Amajyepfo: Hatwitswe ibiyobyabwenge byafatiwe mu bikorwa bya Polisi harimo ibiro 50 by’urumogi
Kurwanya ibiyobyabwenge ni imwe mu nshingano za Polisi y’u Rwanda mu rwego rwo gukomeza gushimangira ituze n’umutekano mu gihugu. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Gashyantare mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye hatwikiwe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 35 bingana n’ibiro 50 na Litiro 346 za Kanyanga byose byafatiwe mu Karere ka Muhanga, Ruhango na Kamonyi. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










