Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Gicumbi: Polisi yafashe ucyekwaho gucuruzaga amabuye y'agaciro binyuranije n'amategeko

Kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Kanama abapolisi bakorera mu Karere ka Gicumbi bafashe uwitwa Byamukama Oscar w'imyaka 28 ucyekwaho gucuruza amabuye y'agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti. Yafatanwe ibiro 50, afatirwa mu Murenge wa Kaniga, Akagari ka Murindi, Umudugudu wa Gisunzu.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Gicumbi, Superintendent of Police (SP) Gisanga Ndahimana  yavuze ko gufatwa kwa Byamukama byabaye ku bufatanye n'izindi nzego z'umutekano. Yafashwe nijoro afite ayo mabuye nta byangombwa afite bimwemerera kuyacuruza.

SP Gisanga yagize ati "Bari babiri umwe aracika hafatwa Byamukama, yafashwe saa moya za nijoro abari ku irondo barabahagaritse umwe akubita hasi igipfunyika ariruka hasigara Byamukama, bagiye kureba ikiri mu gipfunyika basanga harimo amabuye y'agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti ibiro 50."

Byamukama yanze kuvuga aho bari bakuye ayo mabuye n'aho bari bayajyanye ariko yaje kuvuga ko hari abandi bantu bakorana bo mu gihugu cya Uganda.

SP Gisanga yibukije abaturage ko umuntu ushaka kujya mu bucuruzi bw'amabuye y'agaciro agomba kuba afite ibyangombwa bitangwa n'inzego zibifitiye ububasha abagaragariza ko uzabifatirwamo adafite ibyangombwa azabihanirwa n'amategeko.

Byamukama n'amabuye yafatanwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kaniga kugira ngo hakorwe iperereza.

Itegeko rigena ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucukuza amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y'amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw'amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.