Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

COVID-19: U Rwanda rwatangiye gukingira abo rwatumye mu butumwa bw’amahoro mu mahanga

Leta y’u Rwanda yatangiye gutanga urukingo rw’ icyorezo cya COVID-19  ku  bapolisi, abasirikare n’abacungagereza bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye ku mugabane wa  Afurika baturutse mu Rwanda. Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Werurwe ku bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya  Repubulika ya Centre Africa aho bari mu  butumwa buzwi ku izina rya MINUSCA.

Muri iki  gihugu cya Centre Afrika habarirwa abapolisi b’u Rwanda 445 bagizwe n’amatsinda atatu, buri tsinda rikaba rigizwe n’abapolisi 140, hakaba hari n’abapolisi bari mu butumwa bwihariye bw’umuryango w’abibumbye (IPOs).

Igikorwa cyo gukingira izi ntumwa z’umuryango w’abibumbye zituruka mu Rwanda kizakomereza no mu bindi bihugu aho bari, twavuga nk’abari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye   mu gihugu cya Sudani y’Epfo(UNMISS) n’abari mu Ntara ya Abyei(UNSFA). Biteganyijwe ko  muri iki cyumweru hazatangira igikorwa cyo gukingira abari muri Sudani y’Epfo.

Muri Sudani y’Epfo no mu Ntara ya Abyei harabarirwa abapolisi  b’u Rwanda 590 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye. Muri rusange u Rwanda rufite abapolisi barenga 974 bari hirya no hino ku Isi mu butumwa butandukanye  bw’umuryango w’abibumbye.