Umuyobozi w'agateganyo uyobora abapolisi bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye muri Sudani y'Epfo (UNMISS) yashimiye abapolisi b'u Rwanda baherutse gusimburwa muri iki gihugu kuba barabaye intangarugero muri serivisi zose batangiraga muri kiriya gihugu. Yasabye ababasimbuye nabo kuzagera ikirenge mu cya bagenzi babo basimbuye.
Brig. Gen. Mutasem Aljadid Almajali, umuyobozi wungirije w'abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y'Epfo, ibi yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Ukuboza ubwo yari yagiranye inama n'abayobozi b'itsinda ry'abapolisi b'u Rwanda bari mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye aho bashinzwe kubungabunga amahoro muri iki gihugu cya Sudani y'Epfo (RWAFPU-3). Iri tsinda ry'u Rwanda ryageze muri iki gihugu mu kwezi k'Ukwakira uyu mwaka ubwo bari basimbuye bagenzi babo.
Inkuru bijyanye
Brig Mutasem yabwiye iri tsinda ry'abapolisi b'u Rwanda ririmo gusimbura bagenzi babo ko akazi bari basanzwe bakora ko kurinda inkambi z'abasivili z'abimuwe mu byabo habayemo impinduka. Yavuze ko izo mpinduka zisaba ko nabo bahindura imikorere y'uko bajya bakora.
Yagize ati “Ibi birabasaba guhora mwiteguye
kandi mugakora mugendeye ku mikorere mishya na politiki biriho."
Mu Kwakira, ishami ry'umuryango w'Abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y'Epfo (UNMISS) basinyanye amasezerano hagati ya Polisi y'Igihugu cya Sudani y'Epfo (SSNPS) aha ububasha abapolisi baho kugira uruhare runini n'inshingano mu kurinda abaturage bose.

Aya masezerano yashyizweho umukono n'Umuyobozi mukuru wa Polisi ushinzwe ubutumwa bw'amahoro (UNMISS) muri iki gihugu, Unaisi Lutu Vuniwaqa na Jenerali Majak Akec, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Sudani y'Epfo (SSNPS) amasezerano agaragaza uruhare n’inshingano za UNPOL na SSNPS mu bijyanye n’ibikorwa bya polisi muri izo nkambi no mu nkengero zazo.
Muri ibyo bikorwa harimo gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha.
Aho bavuga ko kurinda abaturage bimuwe mu byabo bisaba gushyira hamwe imbaraga binyuze mu gukora amarondo no guhanaha amakuru.
Brig. Jenerali Mutasem yagaragaje ko afitiye icyizere itsinda ry’u Rwanda FPU-3, naryo rishinzwe kurengera inkambi z’abimuwe mu byabo, ko bazakora akazi kabo bashinzwe neza kandi kinyamwuga nk'uko bagenzi babo bababanjirije mu butumwa bwa UNMISS babikoze.
Ati "Itsinda ryababanjirije ryakoze neza cyane, twizeye namwe ko muzakora neza ndetse mukanarushaho, umurava wanyu uri hejuru kandi imyitwarire yanyu irashimwa, mukomeze mukore akazi kanyu neza."
Umuyobozi w'iri tsinda rya RWAFPU-3, Senior Supentendent of Police (SSP) Jeannette Masozera yijeje izi ntumwa z'Umuryango w'Abibumbye, zirimo n'Umuhuzabikorwa wa Polisi muri Juba, John Murangira ko itsinda ayoboye ryiganjemo abapolisikazi, ko bafite ubushake n'ubushobozi bwo gukora.
Yavuze ko nubwo bagiye gukora mu gihe cy'icyorezo cya Covid-19 bitazababuza gukora akazi bashinzwe kandi bakagakora kinyamwuga bakagasoza neza.
Inkuru bijyanye
Kinyarwanda
English










