Ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Volleyball (Police VC) mu bagabo, yegukanye igikombe mu irushanwa nyafurika rihuza amakipe yo mu karere ka gatanu (CAVB ZONE V) ryaberaga mu Rwanda kuva tariki ya 6 kugeza ku ya 19 Ugushyingo 2023.
Ni irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza, mu bihugu bibarizwa mu Karere k’Iburasirazuba bw’Afurika (CAVB ZONE 5) ryaberaga ku kibuga cy’imikino cya BK Arena, kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’amakipe atandatu mu bagabo n’atanu mu bagore.
Mu bagabo hari Police VC, APR VC na REG VC zo mu Rwanda, Kepler VC yo muri Kenya, Amicale yo mu Burundi na Sport-S yo mu gihugu cya Uganda.
Amakipe yitabiriye iri rushanwa mu bagore ni Police WVC, APR WVC na RRA WVC zo mu Rwanda, KCCA yo muri Uganda na Pipeline WVC yo muri Kenya, ari nayo yegukanye igikombe itsinze RRA VC ku maseti 3-0, Police WVC yegukana umwanya wa gatatu itsinze APR WVC amaseti 3-1.
Police VC yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma (Final) nyuma yo gutsinda muri 1/2 cy’irangiza, ikipe ya APR Volleyball Club amaseti 3-0 (25-23, 25-21 na 25-20), ku wa Gatandatu tariki 18 Ugushyingo, iza na wo kuwitwaramo neza yegukana igikombe.

Umukino wa nyuma watangiye hafi ku isaha ya saa Moya n’igice z’umugoroba, amakipe yombi Police VC na Sport-S VC yotsanya igitutu, buri imwe ijya imbere y’indi mu manota, nayo ikishyura ikayitambukaho, birangira iseti ya mbere yegukanywe na Sport-S ku manota 25-20.
Nyuma y’akaruhuko gato Police VC yagarutse mu kibuga yariye karungu birangira yegukanye iseti ya Kabiri n’amanota 25 kuri 14 gusa ya Sport-S, baba banganyije iseti 1-1.
Iseti ya gatatu nayo yaje kwegukanwa na Police VC ku manota 25 kuri 21 ya Sport-S VC, biba bibaye amaseti 2-1 ku ruhande rwa Police VC.

Iseti ya nyuma yaje gukinwa mu murindi ukomeye w’abafana yarangiye Police VC yihanije ikipe ya Sport-S VC n’amanota 25 kuri 16 yegukana igikombe ityo ku ntsinzi y’amaseti 3-1.

Ni igikombe ikipe ya Police VC yegukanye itsinzwe umukino umwe gusa wo mu majonjora, kuko yageze muri ½ cy’irangiza nyuma yo kwisasira amakipe ya Kepler, REG na Amicale ku ntsinzi y’amaseti 3-1 kuri buri mukino, itsindwa gusa na KCCA.





Kinyarwanda
English











