Kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Gicurasi umuyobozi wungirije w’umuryango w’abibumbye UNICEF ishami ryawo mu Rwanda Geeta Rao Gupta yasuye ikigo Isange one stop centre gishinzwe kwakira no gufasha abana n’abagore abahuye n’ibibazo by’ihohoterwa gikorera ku bitaro bya Polisi ku kacyiru .
Iki kigo ki kaba cyara funguwe ku mugaragaro mu mwaka 2010 n’umufasha wa nyakubahwa Perezida wa Repuburika Madamu Jeannette Kagame mu rwego rwo gufasha no kwita ku bana n’abagore bahura n’ibibazo byo guhohoterwa kugirango babashe kubona ubuvuzi bw’ibanze n’ubujyanama.
Geeta Rao yagize ati”Isange one stop centre yita ku bibazo by’abana n’abagore ba hohoterwa , ikaba ari intangarugero ndetse ibihugu n’abantu bakwiye ku yigiraho mu kurwanya ihohoterwa ry’abana n’abagore.
Isange ikaba iterwa inkunga n’imbuto Foundation na UNICEF, ubu kugeza ubu ikaba imaze kwakira abantu bagera ku 7,000 by’abana n’abagore bakorewe ihohoterwa.
Mu minsi ishize nyakubahwa Madame Jeannette Kagame akaba yaratangije igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro mubitaro byose mu gihugu hashyirwaho Isange one stop centre.
Chief Inspector of Police Shafiga Murebwayire, umuyobozi wa Isange yavuze ko isange ikorana na Minisiteri y’ubuzima mu by’ubuvuzi na bunganira mu mategeko mu bijyanye n’ihohoterwa.
Yavuze ko abahohoterwa Bizana ku bushake bwabo abandi bakaza kubera guhugurwa ibijyanye na Isange abandi bakanyura kuri za sitasiyo zibegereye ibibazo byabo bikagezwa kuri Isange.
Kinyarwanda
English











