Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Umuyobozi wungirije ushinzwe imiyoborere n?abakozi muri Polisi y?u Rwanda yashimiye amakipe aherutse kwegukana ibikombe

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Mata 2021,Umuyobozi wungirije muri Polisi y?u Rwanda ushinzwe imiyoborere n'abakozi , DIGP/AP  Jeanne Chantal Ujeneza yamurikiwe ibikombe 10 by?amakipe ya Polisi y?u Rwanda.  Ni ibikombe  amakipe ya Polisi yegukanye mu marushanwa yo mu mwaka wa 2019-2020, ibikombe  4 byatwawe n?ikipe ya Taekwondo, 5 byatwawe n?ikipe  ya Handball ikindi kimwe  giherutse kwegukanwa n?amakipe ngororamubiri  ya Polisi tariki ya 25 Mata 2021.

Ubwo umuyobozi yamurikirwaga ibyo bikombe, mu ijambo ry?ikaze ry?umuyobozi w?ishami rishinzwe imicungire y?abakozi muri Polisi y?u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Yahaya Kamunuga yahereye ku mavu n?amavuko y?imikino muri  Polisi y?u Rwanda aho yavuze ko  Polisi y?u Rwanda kuva mu mwaka wa 2000 yari ifite amakipe. Mu mwaka wa 2001 muri  Polisi y?u Rwanda nibwo hatangiye imikino n?imyidagaduro, icyo gihe Polisi y?u Rwanda  yatangiranye amakipe 7.

ACP Kamunuga avuga ko kuva 2001 amakipe ya Polisi y?u Rwanda ahesha ishema urwego  rwa Polisi k yegukana ibikombe mu marushwa y?imbere mu gihugu  no hanze.

ACP Kamunuga avuga ko kuva icyo gihe amakipe ya Polisi y?u Rwanda ahesha ishema urwego  rwa Polisi kuko  akenshi  yegukana ibikombe haba mu marushwa y?imbere mu gihugu  no hanze.  Kugeza ubu  amakipe  ya Polisi akina imikino ngororamubiri  afite ibikombe 8, ni mugihe  ikipe ya Police Handball  ifite ibikombe 49 kuva yashingwa.

ACP Kamunuga yagize ati? Uyu munsi turerekana ibikombe 10, 9 byakiniwe mu marushanwa yo mu mwaka wa 2019-2020 mbere y?icyorezo cya COVID-19. Hakiyongeraho  igikombe amakipe  ngororamubiri aherutse kwegukana ejo bundi tariki ya 25 Mata 2021. Muri rusange  amakipe yacu aduhesha ishema.?

DIGP/AP, Jeanne Chantal  Ujeneza yashimiye abayobozi bahora hafi y'amakipe ya Polisi ashimira n'abakinnyi abasaba guhora batsinda kandi barangwa n'ikinyabupfura.

DIGP/AF, Jeanne Chantal  Ujeneza yavuze ko yishimira kuba yaraje muri Polisi y?u Rwanda  ahurirana n?intsinzi y?amakipe  ngororamubiri asaba abakinnyi kuzakomeza gutsinda. Yavuze ko mu izina rya Polisi y?u Rwanda ashimira abayobozi bafite mu nshingano zabo  gukurikirana ubuzima bw?amakipe   ya Polisi y?u Rwanda umunsi ku wundi ndetse anashimira abakinnyi uko bitwara mu marushanwa.

Ati? Turabashimira imbaraga, ishyaka n?umuhate bibaranga, ibi bikombe biragaragaza umurava  mugira wo gutsinda. Turabasaba guhora mutsinda, muharanire gutera imbere no gutera ibyishimo mu bantu  kandi  uwatsinze agomba guhora atsinda.  Ubuyobozi bwa Polisi y?u Rwanda bubemereye ibyo mukeneye byose kugira ngo mugere ku ntsinzi.?

Yakomeje yibutsa abakinnyi ko ibyo bakora byose n?uko bitwara kose babikora mu isura ya Polisi y?u Rwanda. Yabasabye guhora barangwa n?ikinyabupfura, birinda kwanduza isura yabo nk?abakinnyi ari n'isura ya  Polisi y?u Rwanda muri rusange.

Umuyobozi wungirije muri Polisi y?u Rwanda ushinzwe ubutegetsi  n?imari ,  DIGP/AF  Jeanne Chantal Ujeneza  yavuze ko imikino  ari ingenzi kuko  ihuza abanyarwanda n?abanyamahanga ariko cyane cyane igatuma abantu barushaho kugira ubuzima bwiza.