Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Umuryango w'abantu 6 wishwe mu karere ka Ruhango

ITANGAZO RIGENEWE AMANYAMAKURU

Taliki ya 1 Nyakanga mu karere ka Ruhango umurenge wa Byimana akagali ka Kamusenyi habaye ubwicanyi aho umuryango w’abantu 6 watewe n’abantu batara menyekana.

Abishwe harimwo umudamu n’abana batanu.

Polisi y’u Rwanda ikaba yatangiye iperereza ryimbitse kugirango abakoze ubwo bwicanyi batabwe muri yombi.

Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko uyu muryango war'usanzwe ufite amakimbirane.

Abantu 3 bafitanye isano n’uwo muryango bakaba bari mu maboko ya polisi.

Polisi y’U Rwanda ikaba isaba buri wese gutanga amakuru ndetse no gufasha iperereza kungira ngo abo bagizi banabi batahurwe  kandi bashyikirizwe ubutabera.

Bikorewe I Kigali ku wa 2, Kanama, 2014
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda
ACP Damas GATARE