Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Umupasitoro wo muri Kenya arashima uburyo Polisi y’u Rwanda ihangana n’ibyaha ndengamipaka

Ku itariki 4 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yashyikirije  abayobozi b’igihugu cya Kenya imodoka  yo mu bwoko bwa T/Land Cruiser yari yaribwe muri Kenya igafatirwa mu Rwanda .

Iyo modoka ni iya Pasitoro mukuru wo mu itorero ryitwa  Ministry of Repentance and Holiness, ryo mu mujyi wa Nakuru witwa Michael Nieswand .

Nieswand ntiyashoboye guhisha ibyishimo yagize ubwo yamenyeshwaga n’ishami rya Polisi mpuzahanga rya Polisi y’u Rwanda ko ryafashe imodoka ye yari yibwe, nyuma y’aho uwari wayiguze afatiwe mu Rwanda ubwo yavaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Pasitoro  Nieswand yashimiye cyane Polisi y’u Rwanda nyuma yo kumenyeshwa ifata ry’imodoka ye yari yibwe.

Ubutumwa bwe bw’ishimwe bwagiraga buti: "Land Cruiser  yanjye yibwe mu mujyi wa Nakuru, muri Kenya n’ibisambo byari byitwaje intwaro, byahise biyijyana kuyigurisha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo .Umwe muri abo bajura, agikandagira mu Rwanda, abapolisi banyu b’abanyamwuga kandi bizewe, banze ruswa yabahaye ngo bamurekure ahubwo bahita bamufata bagaruza imodoka yanjye".

Yagize kandi ati: "Nshiriye bugufi kandi ndashimira cyane Nyagasani kubera iki gikorwa. Nshimiye mbivanye ku mutima Polisi y’u Rwanda, cyane cyane ishami ryayo rya Polisi mpuzamahanga , kuba yarafashe, ikanadushyikiriza imodoka yacu. Nyagasani ahe umugisha Polisi y’u Rwanda n’ igihugu cyiza cy’u Rwanda".

Zagabe Cikangafu Janvier, umukongomani wari waraguze iyo modoka y’injurano, mu kwezi gushize, yakatiwe n’urukiko rw’akarere ka Rusizi igihano cy’igifungo cy’amezi atandatu n’ihazabu y’amadorari y’Amerika 2,800, n’ukuvuga  hafi miriyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gushaka guha ruswa y’amadorari y’Amerika 700, n’ukuvuga hafi 500 000 by’amafaranga y’u Rwanda, umupolisi wari amufatanye iyo modoka y’injurano, kugira ngo amurekure, ariko akayanga.

Polisi zombi zemeza ko ibyaha ndenga mipaka bishobora kurwanywa igihe cyose hari ubufatanye hagati ya Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere , ariko ko ibikorwa byo kubirwanya bishobora gukomwa mu nkokora n’ubushake buke cyangwa kuba ba ntibindeba ku bihugu bimwe na bimwe.

Ku bwa Sergeant Chris Mmbwanga, ukora mu ishami rya Polisi mpuzamahanga rya Polisi ya Kenya, ari nawe wakiriye iriya modoka yari yaribwe mu Kuboza k’umwaka ushize, yavuze ko Polisi zo mu bihugu bimwe na bimwe byo muri aka karere zikomeje kugaragaza kudashaka no gushidikanya gufatanya mu kurwanya ibyaha ndengamipaka.

Yagize ati "Vuba aha mu mwaka ushize, twamenye ko iyi modoka twashyikirijwe na Polisi y’u Rwanda yibwe kandi ko  yajyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko Polisi y’iki gihugu ntiyadufashije mu kugerageza kuyifata kandi twari twayisabye kudufasha mu gukora iperereza".

Ati: "Ubwo twahise tumenyesha Polisi y’u Rwanda, abafatanyabikorwa bacu bakomeye, kandi umusaruro wabyo urivugira ubwawo nk’uko bisanzwe. Polisi zo mu bihugu bimwe byo muri aka karere ntizifatanya z’izindi. Kubera bene iyo mikorere, ibyo bihugu bya ntibindeba bisigara ari ubuhungiro bw’abajura n’iwabo w’ibijurano.Umuryango Mpuzamahanga ukwiye kugira icyo ukora mu maguru mashya".

Kuri we, ubujura bw’imodoka n’ikintu gisanzwe muri Kenya, kandi ko abenshi mu babukora baruhukira mu bihugu bidafite umutekano byo muri aka karere.

Mu by’ukuri, Imodoka icyenda zose Polisi mpuzamahanga ya Kigali yafashe mu mwaka ushize, hafi esheshatu muri zo zibwe muri Kenya, zafashwe zijyanwa cyangwa zivanwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Chief Supt. Celestin Twahirwa, yavuze ko n’ubwo  nta modoka zibwa mu Rwanda, Polisi y’u Rwanda  yiteguye guhangana no gukoma mu nkokora uwahirahira kubikora wese.

Yagize ati: " Polisi y’u Rwanda yashyize ku mipaka yose y’igihugu ikoranabuhanga ryitwa I-24/7, ridufasha gutahura imodoka zibwe no gufata ababa bazibye n’abatwaye ibiyobyabwenge baba bashaka gukoresha u Rwanda nk’inzira".

Ati:" Iri koranabuhanga rihuza Polisi zo mu bihugu bigize Umuryango wa Polisi Mpuzamahanga (Interpol), rikaba rifasha abakora iperereza bo muri ibyo bihugu kumenya no gusuzuma amakuru y’abakekwaho gukora ibyaha cyangwa abanyabyaha bashakishwa, impapuro z’ingendo zibwe cyangwa zatakaye, imodoka zibwe, gufata  ibimenyetso by’icyaha ku ntoki no gufata inyandiko z’umurimo n’imiyoborere zibwe.