Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Umunyakabari uturuka mu gihugu cya Lebanon afunzwe azira guha abana ibisindisha

Mu ijoro ryakeye abana 25 batarageza ku myaka 18 y’ubukure harimo abakobwa 22 bafatiwe muri  Lebanese restaurant iherereye  mu kagari kitwa Umutekano umurenge wa Kimihurura  ho mu karere ka Gasabo.

Abo bana bakaba bashubijwe ababyeyi babo nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bwa polisi cyane cyane ko ababyeyi nabo bakwiye kumva  uruhare rwabo mu myitwarire myiza y’abana babo.

Nyir’akabari  Hassan Jamool ubu akaba ari mumaboko ya polisi kubera icyo cyaha cyo guha abana inzoga ,  cyane ko hari n’icyapa  kurugi rwe kibuza abana bato kw’injira mu kabari batari kumwe n’ababyeyi babo.  

kugurisha ibisindisha kubana batarageza imyaka 18 ni  icyaha gihanwa n’amategeko  y’u Rwanda mungingo ya  219 .

Aho ucuruza ibisindisha ku bana bato ahanishwa igihano kuva ku mezi 3 kugeza kuri 6 n’ihazabu kuva ku 300,000 kugeza kuri 1000,000 y’amafaranga y’u Rwanda.

Muri ako kabari kandi yari afitemo urubyiniro kandi adafitiye uburenganzira nkuko ubuyobozi  bw’umurenge wa kimihurura bubitangaza.

umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali SP Modeste Mbabazi yasabye ababyeyi gukurikirana neza uburere bw’abana babo.

SP Mbabazi  yavuze kandi ko abari mur'ako kabari hafi yabose bananyweraga itabi muruhame. Ikindi kandi yavuze n'uko iki gikorwa ki gikomeza.