Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ukekwaho gucuruza urumogi yafatiwe muri Nyabihu

Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu yataye muri yombi umugabo w'imyaka 27 y'amavuko imufatanye udupfunyika 7000 tw'urumogi yacuruzaga.

Uwafashwe ni Ntirenganya Valence, afatiwe kuri bariyeri ya Polisi y'ahitwa Rugeshi mu murenge wa Mukamira ku italiki ya 22 Ukwakira.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Theobald Kanamugire avuga ko ifatwa ry'uyu mugabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.

CIP Kanamugire yagize ati:"Tukimara kubona amakuru ya Ntirenganya, twahise dushyiraho bariyeri kuko twari twanamenyeko ari mu modoka itwara abagenzi, nibwo yahise afatwa."

Ntirenganya ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mukamira mu gihe iperereza ryatangiye.

CIP Kanamugire yashimiye abaturage ku bufatanye bakomeje kugirana na Polisi aho yavuze ko butuma hafatwa abanyabyaha bakanashyikirizwa ubutabera.

Aha yagize ati:" Abanyarwanda ntibihanganira abanyabyaha cyane ibijyanye no gucuruza ibiyobyabwenge; Polisi irahamagarira abantu bose kubatangaho amakuru atuma bafatwa...kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge bihanwa n'amategeko kandi bigira ingaruka ku bukungu bw'igihugu no ku buzima bw'abantu."

Ingingo ya 594 mu gitabo cy'amategeko ahana, itegenya ko uhamwe no kunywa, gucuruza ibiyobyabwenge n'ibijyana nabyo biteganywa muri iyo ngingo, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu kugeza kuri itanu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda kuva ku 500,000 kugeza kuri 5,000,000.