Uhagarariye intumwa z?umuryango w?abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y?Epfo(UNMISS), Commissioner Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa yashimiye itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda (FPU-3) ku kwitanga batizigama no gukorana umurava mu kazi barimo ko kubungabunga amahoro n?ubwo bahuye n?imbogamizi zaturutse ku cyorezo cya COVID-19.
Ibi Commissioner Vuniwaqa yabivuze kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Kamena 2021 ubwo yari yasuye itsinda ry?abapolisi b?u Rwanda(FPU-3) aho bari mu Mujyi wa Juba.
Yagize ati? Muri itsinda ry?ingirakamaro mu bapolisi umuryango w?abibumbye wohereje mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, twagize imbogamizi ya COVID-19 ndetse n?umwuzure uherutse kuba mu ntangiriro z?uyu mwaka. Mwarakoze cyane ku musanzu wanyu nubwo akazi mwakoraga mwagiye muhura n?izo mbogamizi.?
Yakomeje avuga ko abizi neza ko bitari byoroshye koherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro ndetse bagahuriramo n?icyorezo cya COVID-19 . Yabashimiye kuba baremeye gusiga inshuti n?abavandimwe bakaza gufasha Igihugu kirimo kwiyubaka cya Sudani y?Epfo.
Ati? Ndabizi twese dufite impungenge z?imiryango n?inshuti zacu twasize iwacu kubera iki cyorezo cya COVID-19, ariko ndabizi muri abanyamwuga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro no mukazi kanyu ka buri munsi. Nubwo dufite imbogamizi hano ariko turitanga 100% kugira ngo akazi twajemo hano muri Sudani y?Epfo k?umuryango w?abibumbye katangirika.?

Commissioner Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa ubwo yasuraga abapolisi b?u Rwanda yakiriwe n?umuyobozi w?itsinda, Senior Superintendent of Police (SSP) Jeannette Masozera. Yamugaragarije ibikorwa bitandukanye bakora mu kazi ko kubungabunga amahoro ndetse n?ibindi bikorwa bizamura imibereho myiza y?abaturage aho bimwe babifatanya n?abapolisi b?iki gihugu cya Sudani y?Epfo n?abaturage.
Commissioner Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa yashimiye abapolisi b?u Rwanda ku muco mwiza batoje abaturage ba Sudani y?Epfo ujyanye no kugira isuku abasaba gukomereza aho kugeza ubwo bazaba basubiye mu gihugu cyabo.
Ati? Bambwiye ibikorwa mwagiye mukora kuva mwagera hano , ngo mwazanye gahunda y?umuganda. Mwarakoze gusangiza abaturage b?iki gihugu umuco wo gusukura aho bari, nigeze gusura Umujyi wa Kigali wo mu gihugu kiza mwarakoze kubisangiza abaturage ba hano.?
Yakomeje yifuriza ishya n?ihirwe abapolisi b?u Rwanda no gukomeza kwitwara neza mu kazi barimo abizeza ko n?abayobozi b?Igihugu cya Sudani y?Epfo bazishimira akazi bakora.
SSP Masozera yashimiye Commissioner Unaisi Bolatolu-Vuniwaqa ndetse n?ubuyobozi bw?intumwa z?umuryango w?abibumbye muri Sudani y?Epfo. Yavuze ko itsinda ayoboye ryiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo amahoro agaruke mu baturage b?Igihugu cya Sudani y?Epfo.

INKURU ZIJYANYE:
Kinyarwanda
English











