Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi, yakomereje ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda ‘Gerayo amahoro’ ku batwara moto hirya no hino mu gihugu.
Mu butumwa bahawe bibukijwe uruhare rwabo mu gutuma umuhanda utekana, basabwa kwirinda ibishobora guteza impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bwa benshi ahanini biturutse ku burangare.
Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) uvuga ko 30% by’impanuka ziba ku isi, ziba zaturutse ku bakoresha ibinyabiziga bya moto kandi ko umubare wazo urushaho kugenda wiyongera.
Nk’uko imibare y’umwaka ushize wa 2022 ibigaragaza, abantu 650 bishwe n’impanuka zabaye mu Rwanda, abarenga 150 muri bo ni abari batwaye moto.
Umuhanda utekanye uri mu by’ibanze mu buzima rusange kuko woroshya ubwikorezi n’ubuhahirane bigatuma habaho iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage
Kugira ngo umutekano wo mu muhanda urusheho gusigasirwa, abamotari bahawe ubutumwa bukurikira:
Irinde gutwara moto wanyweye ibisindisha
Irinde kujya kuri moto utambaye kasike kandi uyambike n’umugenzi
Gendera ku muvuduko wagenwe
Irinde kugenda usesera mu bindi binyabiziga
Irinde gukoresha telefoni mu gihe utwaye
Ubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru
Irinde guhindura ibirango bigize ikinyabiziga cyawe
Irinde guparika ahatabugenewe
Irinde gutwara moto urwaye cyangwa ufata imiti ikomeye
Kirazira gutwara abantu barenze umwe kuri moto
Buri gihe gendera ku nkombe y’iburyo bw’umuhanda.



Kinyarwanda
English











