Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Shampiyona ya Handball 2017: Polisi irangije icyiciro cya mbere idatsinzwe

Ikipe y’Umukino w’Intoki ya Polisi y’u Rwanda (Police Handball Club) irangije icyiciro cya mbere cya Shampiyona ya 2017 idatsinzwe; ni ukuvuga ko yatsinze imikino yose icumi yakinnye.

Ku munsi usoza iki cyiciro; ni ukuvuga ku itariki 26 z’uku kwezi yakinnye n’Ishuri ryisumbuye rya Rambura. Uyu mukino wabereye muri iri shuri ribarizwa mu karere ka Nyabihu. Warangiye Polisi iritsinze ibitego 60 kuri 7.

Polisi irangije icyiciro  cya mbere iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30/30. Ikurikiwe na APR  ifite amanota 28/30.

Mu bitego 60 Polisi yatsinze Ishuri ryisumbuye rya Rambura harimo  15  bya Mutuyimana Gilbert, 12 bya Tuyishime Zacharie na 11 bya Duteteriwacu Norbert.

Mu kiganiro n’Umutoza wayo, Assistant Inspector of Police (AIP) Antoine Ntabanganyimana  yavuze ko kurangiza icyiciro cya mbere badatsinzwe babikesha imyitozo ihagije, gukurikiza amabwiriza ku bakinnyi, ubuhanga  n’ishyaka byabo; ibi bikiyongera ku nama z’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda.

Yagize ati,"Kuba dusoje icyiciro cya mbere tudatsinzwe ntibyadutunguye kubera ko twarabyiteguye bihagije. Tugiye gutegura neza icyiciro cya kabiri; kandi twizeye ko na cyo tuzakirangiza nta mukino dutakaje."

AIP Ntabanganyimana yakomeje agira ati,"Intego yacu ni ugutwara Shampiyona ya 2017 nk’uko twabigenje mu myaka itanu ishize. Turasaba abafana n’abakunzi bacu gukomeza kutuba inyuma; kandi  natwe tubijeje ko tutazabatetereza."

Uko Polisi yatsinze mu cyiciro cya mbere:

Ishuri ryisumbuye rya Rambura (Nyabihu) : 60  kuri 7.

College de Gisenyi (Inyemeramihigo- Rubavu) :  51 kuri  30.

Ishuri ryisumbuye rya Kigoma (Muhanga) : 42  kuri 33.

Ishuri ryisumbuye ry’Urumuri (Karongi) : 54 kuri 18.

ADEGI-GITUZA (Gatsibo) :  40 kuri 20.

Nyakabanda (Nyarugenge) : 37 kuri 18.

APR : 40 kuri 38.

Kaminuza y’u Rwanda- Ishami ry’Uburezi: 54 kuri 24.

Ishuri ryisumbuye rya Saint Aloys (Rwamagana) : 51 kuri 22.

Kaminuza y’u Rwanda- Ishami rya Huye : 25 kuri 0 (Mpaga)