Trending Now

Rwamagana: Hamenwe litiro 400 z’inzoga z’inkorano abaturage basobanurirwa ububi bwazo

Polisi  y’u  Rwanda  ikorera  mu  karere  ka  Rwamagana   yameneye mu ruhame litiro 400 z’inzoga z’inkorano zizwi ku izina ry’ivubi zafatiwe mu murenge wa Gishari mu kagari ka Ruhimbi biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ni mu gikorwa cyo kurwanya inzoga zitemewe no gufata abazikora cyakozwe na Polisi yo mu karere ka Rwamagana kuri uyu wa mbere Tariki ya 5 Ugushyingo aho abaturage batanze amakuru ko hari bagenzi babo bazikora ndetse bakanazicuruza mu tubari.

Abafashwe ni Manirareba Solange w’imyaka 34 y’amavuko bivugwa ko asanzwe akora bene izo nzoga akaziranguza, hafashwe kandi na Nsabimana claudien ndetse na  Kwizera  Chartine bombi bafatanywe litiro 20 buri umwe bavuga ko baziranguye kwa Manirareba.

Umuvugizi wa  Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba   Chief Inspector of Police (CIP)Theobald  Kanamugire yavuze ko  kugira ngo izi nzoga zifatwe byaturutse ku baturage batanze amakuru bavuga ko ziteza umutekano muke.

Yagize ati “Abaturanyi ba Manirarera solange  baduhaye amakuru ko akora akanacuruza inzoga z’inkorano ku buryo ngo iyo abantu bazinyoye bateza umutekano muke, tugeze iwe turanazihasanga ndetse dufata n’abandi babiri bari bamaze kumuranguraho ijerekani 2.”

CIP  kanamugire  yasabye  abaturage  bagifite  umuco  mubi  wo  gukora  no gucuruza inzoga zitemewe  kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye  kandi ko  kubufatanye n’abaturage ntawe  uzakomeza guzikora ngo abure gufatwa.

Yagize ati:Amahirwe ahari ni uko abaturage ubwabo bamaze kubona ko izi nzoga atari nziza zihungabanya umutekano, ubu nibo baduha amakuru y’ahantu ziri n’amayeri yose abazikora bakoresha mu kuzihisha.”

Yashimiye  abaturage  ubufatanye  bakomeje  kugaragaza mu gukumira  ibyaha  batangira  amakuru  ku gihe, abasaba  gukomeza  gutanga umusanzu wabo mu kwiyubakira Igihugu bakumira ibyaha.

Inzoga zitemewe zafashwe zamenewe mu ruhame, abazifatanywe bashyikirizwa ubuyobozi bw’umurenge wa Gishari ngo bacibwe amande ari hagati y’amafaranga ibihumbi 50 by’amanyarwanda n’ibihumbi 500 agenwa bitewe n’ingano y’inzoga buri umwe yafatanwe.