Biziruwihoreye Sylvere wari ufite imyaka 54 y’amavuko, wakoreraga kompanyi icukura amabuye y’agaciro ya Koluta, yagwiriwe n'ikirombe maze ahitayitaba Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu taliki ya 2 Nyakanga 2015.
Ibi bikaba byabereye mu kagari ka Mwendo ,umurenge wa Mukura, ho mu karere ka Rutsiro, akaba yari umukozi wa kompanyi icukura koluta yitwa Vision Mining Company ariko bikaba bivugwa ko yari agiye gucukura ubuyobozi bwa kompanyi butabizi kuko hari saa cyenda za mugitondo..
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu ntara y'Iburengerazuba , Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu , yavuze ko icyo kirombe yacukuragamo amabuye y'agaciro,gisanzwe gicukurwa ku buryo bwemewe n'amategeko ariko we yari yagiye nk’uyiba nubwo yari umukozi wabo kuko nta wundi muntu bari kumwe.
SP Hitayezu yavuze n’abemerewe gucukura bakwiye gufata igamba zikaze bagashyiraho amategeko hakabaho kurinda neza ibirombe bifite ibyangombwa byo gucukura aho yanagarutse noneho ku bucukuzi butemewe n’amategeko nabwo bugenda bugaragara henshi ndetse mu birombe biba byarafunzwe n’inzego z’ibanze.
Arakangura kandi abaturage kwirinda gucukura amabuye y'agaciro mu buryo bunyuranije n'amategeko, kuko, uretse kuba ari icyaha, bishyira ubuzima by'ubukora mu kaga.
Yagize ati:"Gucukura amabuye y'agaciro bisaba uburenganzira. Hari kandi uburyo acukurwa bwemewe n'amategeko. N'ubwo wayatahura mu murima wawe, ntibiguha uburenganzira bwo kuyacukura nta burenganzira."
Yakanguriye abaturage kwirinda ibyaha no gukomeza guha Polisi amakuru ku gihe yatuma bikumirwa cyangwa hagafatwa ababikoze.
Ingingo ya 438 y'igitabo cy'amategeko ahana y'u Rwanda, ivuga ko umuntu wese ukora imirimo y'ubushakashatsi cyangwa iy'ubucuruzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n'amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku mwaka umwe n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu kugeza kuri miliyoni icumi cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Kinyarwanda
English











