Kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 4 Ukuboza 2021, Polisi y'u Rwanda mu karere ka Rutsiro yafashe uwitwa Ndahiro Jean Marie w'imyaka 31 ukurikiranweho gucukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n'amategeko.
Ndahiro yafatanwe ibiro 7 by'amabuye y'agaciro, afatirwa mu Murenge wa Musasa, Akagari ka Nyamabuye, Umudugudu wa Mirambi. Aya mabuye yari yayacukuye mu kirombe giherereye i Mirambi gicukurwamo amabuye yo mu bwoko bwa gasegereti na koluta, ni ikirombe cya sosiyete y'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro yitwa Eastinco.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko Ndahiro yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abashinzwe kurinda icyo kirombe.
Yagize ati "Polisi yahawe Amakuru ko hari umuntu ucukura amabuye mu kirombe cy'abashoramari. Twahise twihutira gukurikirana ayo makuru nibwo Ndahiro yafatwaga afatirwa mu kirombe afite ibiro 7 by'amabuye yari amaze gucukura."
CIP Karekezi yaburiye abantu bakora ibitemewe n'amategeko asaba abaturage kujya bihutira gutanga amakuru igihe hari abo babonye.
Ndahiro yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugezancyaha (RIB) kugira ngo hatangire ubutabera.
Itegeko N? 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw?amabuye y?agaciro na kariyeri Ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y?agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw?amabuye y?agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

Kinyarwanda
English










