Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rulindo : Polisi yafatanye umugabo amacupa 290 y’ inzoga zitujuje ubuziranenge

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rulindo yafashe  Nsengiyumva Celestin ufite imyaka 49  wari upakiye mu modoka inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi  ku izina rya  divayi isusurutsa,   yafatanwe  amacupa  290 ari mu mifuka. Yafashwe kuri uyu wa mbere tariki 06 Gicurasi 2019,afatirwa mu  mu murenge wa Ntarabana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana yavuze ko izi nzoga Nsengiyumva yari azivanye mu karere ka Gicumbi azijyaniye undi mukucuruzi wazo bakoranaga wo mu karere ka Rwamagana afatirwa mu karere ka Rulindo.

CIP  Alex Rugigana yatangajeko izo nzoga  zafashwe k’ubufatanye n’abaturage aho batanze amakuru yafashije Polisi kuzifata.

Yagize ati”  kubera ko abaturage bamaze gusobanukirwa ububi bw’inzoga z’inkorano n’ibindi biyonyabwenge,batanze amakuru kuri Polisi ko babonye imodoka ipakiye inzoga zitujuje ubuziranenge.Natwe ayo makuru ntabwo twayatejeje agaciro hahise hategurwa igikorwa cyo gufata iyo modoka.”

CIP Rugigana yibukije abakora inzoga z’inkorano n’abazicuruza  kubireka kuko inzego z’umutekano zahagurukiye kubarwanya kandi uzabifatirwamo azajya abihanirwamo .

Yagize ati” inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage  bahagurukiye kurwanya abacuruza inzoga z’inkorano n’ibindi biyobya bwenge  kandi ubifatiwemo azahanwa uko amategeko abiteganya.

CIP Rugigana yasabye abaturage kwitandukanya n’inzoga z’inkorano n’ibindi biyobyabwenge kuko bigira ingaruka kubuzima bwabo, akaba ari n’intandaro y’ibindi byaha, yabasabye gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe.

Yasoje ashima abaturage uruhare bakomeje kugira  barwanya  abenga abatunda na bakanacuruza inzoga z’inkorano  ndeste n’ibindi biyobya bwenge, abibutsa ko umutekano ariwo shingiro ryabyose .

Amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubuziranenge(RSB)   ateganya ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buca  amande  ufashwe  akora cyangwa acuruza inzoga z’inkorano ubundi zikamenerwa mu ruhame.