Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ruhango: Polisi yafashe umwe mu bagize itsinda rikekwaho gukwirakwiza urumogi

Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'abayobozi mu nzego z'ibanze, ku mugoroba wa tariki ya 13 Ugushyingo yafashe Simuhuga Elam w'imyaka 50, afite ibiro 3 by'urumogi yakwirakwizaga mu baturage bo mu turere twa Muhanga na Ruhango. Abapolisi bamufatiye iwe mu rugo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, akagari ka Munini, umudugudu wa Rwezamenyo. 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko gufatwa kwa Simuhuga kwaturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage. 

Yagize ati “Abaturage bari basanzwe babizi ko acuruza urumogi, mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu ahagana saa tanu, abapolisi bagiye iwe baramusaka basanga yaruhishe hejuru y'ikiraro cy'inka. Basanze hari igikapu cyuzuyemo urumogi ibiro 3 ndetse n'umunzani yakoreshaga arupima.”

SP Kanamugire yakomeje avuga ko atari ubwa mbere Simuhuga akurikiranweho ibikorwa byo gukwirakwiza urumogi kuko tariki 30 Ukwakira we n'itsinda akorana naryo bacitse inzego z'umutekano nyuma yo gusanganwa udupfunyika 1,500 tw'urumogi. 

Yagize ati “Tariki ya 30 Ukwakira inzego z'umutekano zasanze Simuhuga na bagenzi mu  Karere ka Muhanga bacuruza urumogi, icyo gihe bafatanwe udupfunyika 1,500 barwanya inzego z'umutekano bifashishije imihoro n'ibisongo baracika bariruka.”

SP Kanamugire yakomeje avuga ko icyo gihe Simuhuga yakomereje ubucuruzi bw'urumogi iwe mu rugo mu karere ka Ruhango ari naho yafatiwe, ubu haracyashakishwa abo bandi babiri bafatanyije kurwanya inzego z'umutekano bagacika. 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo yashimiye abaturage bafashije Polisi gufata Simuhuga. Yavuze ko amayira bakoresha bakura urumogi mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo azwi, avuga ko n'abatarafatwa ari ikibazo cy'igihe gusa naho ubundi nabo bazagenda bafatwa buhoro buhoro. 

Simuhuga yahise ashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango kugira ngo akorerwe iperereza. 

Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa  igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, aribyo urumogi rubarirwamo.