Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Ruhango: Abaturage basubijwe inka bari baribwe bashimiye Polisi

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ruhango mu murenge wa Kabagali bari bamaze amezi arenga abiri  baribwe inka  kuri uyu wa 17 ukuboza 2018 bazishubijwe na Polisi y’u Rwanda.

Ni inka 3 zari zaribwe mu bihe bitandukanye ,  imwe yari imaze amezi abiri naho izindi 2 zo zari zimaze iminsi 6.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief  Inspector of Police (CIP),Bonaventure Karekezi yavuze ko abaturage bakimara kubura inka zabo batanze ikirego,  Polisi itangira kuzishakisha.Uwitwa Ndashimye Schadrack akaba ari we wafatanywe ziriya nka.

Yagize ati:”Twahereye ku makuru twahawe n’abaturage dutangira igikorwa cyo gushaka ziriya nka.Polisi igeze kwa Ndashimye  isanga koko za nka niho ziri ihita imufata.”

CIP Karekezi yakomeje asaba abaturage  kuba maso bagakaza amarondo ndetse bagatangira amakuru ku gihe hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha.

Abaturage 3 basubijwe inka zabo bari baribwe  bashimiye Polisi y’igihugu kuba yarabafashije guhiga  abari  barazibye ndetse ikanazigarura.

Mubyishimo  byinshi  bakimara gusubizwa  inka bari baribwe   uwitwa  Mutarambirwa   Jean  yagize ati:”Inka yanjye nari narayihebye nzi ko ubu bayibaze bakayirya, ariko ubu ndashimira Polisi y’u Rwanda yayikurikiranye ikaba yayifashe ikayinsubiza.Ni igikorwa  cyiza cyo gushimira Polisi y’u Rwanda.”

Ndashimye ukekwaho kwiba izi nka yahise ashyikirizwa urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha(RIB)kugira ngo akurikiranwe ku cyaha cye.