Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi kuri uyu wa 13 Gshyantare yafashe abantu bakekwaho gukora umwuga w’ubuvunjayi,babikora mu buryo bunyuranyije ‘amategeko.
Aba bantu bakaba barafatiwe mu mujyi wa Gisenyi ahazwi nko kuri Petite Bariyeri mu mu murenge Gisenyi ho mu Kagari ka Mbuga ngari,mu karere ka Rubavu.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba Chief Inspector(CIP) Innocent Gasasira yavuzeko abafashwe ari Maniraguha Claudine w’imyaka 25 wafatanwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 443.000 n’amadorari 5 ndetse n’amafaranga y’amakongomani ibihumbi 33,800,Tuyizere Angelique ufite imyaka 25 yafatanwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 461.500 n’Amadorari 140 y’amanyamerika yari anafite kandi ibihumbi 102.000 by’amakongomani undi naho uwitwa Iradukunda Francine we afite imyaka 22 yafatanwe ibihumbi 88.850 y’Amakongomani.
Dusingizimana Christelle w’imyaka 24 yafatanwe amafranga y’u Rwanda ibihumbi 7000Rwf n’amakongomani ibihumbi 5400, ni mugihe uwitwa Gasanabandi Denyse ufite imyaka 21 we yafatanwe amafaranga y’u Rwanda 1600.
CIP Gasasira yavuze ko aba bose bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byari bigamije kurwanya abantu bakora umwuga w’ubuvunjayi mu mujyi wa Gisenyi batabifitiye uburenganzira.
Yagize ati:Twari tumaze iminsi dufite amakuru ko hari abantu bakora umurimo wo kuvunja amafaranga hano mu mujyi wa Gisenyi batabifitiye ibyangombwa.Twahise dutegura igikorwa cyo kubafata mu rwego rwo kurwanya ibyo bintu.”
CIP Gasasira yakomeje avuga ko ibi bikorwa byo kuvunja no gukwirakwiza amafaranga mu buryo bunyuraNye n’amategeko bituma ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro n’ubukungu bw’igihugu bugasubira inyuma kubera gucuruza amafaranga atemewe
Yagize ati’’ Polisi y’u Rwanda yakoze uyu mukwabu mu rwego rwo kubahiza mategeko agenga umurimo wo kuvunjisha amafaranga .Ubu bucuruzi hari abantu bajyaga bavuga ko babwibirwamo amafaranga yabo.”
Ingigo ya 223 mu gitabo gishya cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ucuruza cyangwa uvunja amafaranga y’Igihugu cyangwa amafaranga y’amahanga, mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa buri ibyo bihano.
Abafashwe bose bashyikirijwe Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakurikiranwe.
Kinyarwanda
English











