Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Umuturage yafatanwe ibiro 31 by?urumogi arwinjiza mu Rwanda

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukuboza Polisi ku bufatanye n?izindi nzego z?umutekano bafashe uwitwa Ngendahayo Jean Claude w?imyaka 32, yafashwe afite ibiro 31 by?urumogi arukuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Yafatiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Bugeshi, Akagari ka Mutovu, Umudugudu wa Kabuhanga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonavanture Twizere Karekezi yavuze ko Ngendahayo yafashwe n?abari ku irondo nijoro bamufatira mu nzira zitemewe avuye muri Congo (DRC).

Yagize ati? Abashinzwe umutekano bari ku kazi ka nijoro babona umuntu ufite agafuka baramuhagarika basanga afitemo urumogi ibiro 31. Yavuze ko yari arukuye mu gihugu cy?abaturanyi cya Congo.?

CIP Karekezi yaboneyeho kongera gukangurira abantu kwirinda kujya mu byaha kuko bazajya bafungwa, yanabibukije ko kwitwikira ijoro ndetse banyura mu nzira zitemewe bashobora kuhasiga ubuzima.

Yagize ati? Duhora dukangurira abantu kwirinda kwishora mu byaha kuko ni  ukwikururira ibihano, bariya bakwirakwiza urumogi bakunze gufatirwa mu nzira zitemewe (Panya) kandi bakagenda nijoro. Twabamenyesha ko bashobora kuhaburira ubuzima bitiranijwe n?abagizi ba nabi baje guhungabanya umutekano mu Rwanda.?

Ngendaho yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

Iteka rya minisitiri n? 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw?ibiyobyabwenge n?ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy?urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw?imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n?amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n?urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.