Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Umunsi umwe abantu 6 bafatiwe mu bikorwa byo gukwirakwiza urumogi mu baturage

Abapolisi bo mu ishami rya Polisi  y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU)  kuri  iki cyumweru tariki ya 7 Werurwe bafashe abantu 6 bacyekwaho gukwirakwiza urumogi mu baturage, bafatiwe  mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi n’uwa Rubavu. Bariya bantu bose uko ari 6 bafatanwe udupfunyika 2,610 tw’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko bariya bantu bafashwe mu bihe bitandukanye ndetse n’ ahantu hatandukanye. Bamwe bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage abandi bafatirwa mu bikorwa bya Polisi bisanzwe.

CIP Karekezi yagize ati”  Habimana Moses w’imyaka 39 n’umugore we Uwamahirwe Feza  w’imyaka 36 bafatiwe mu Murenge wa Rubavu mu Kagari ka Buhaza biturutse ku makuru yari yatanzwe n’abaturage, mu rugo rwabo hafatiwe udupfunyika tw’urumogi 1,016. Bari barutabye mu mwobo uba mu murima w’imboga mu rugo rwabo.”

CIP Karekezi yakomeje avuga ko uwitwa Baranyeretse Theoneste w’imyaka  39 na  Manishimwe Froduard w’imyaka 31(umumotari) bafatiwe mu Murenge wa Gisenyi bafatanwa  udupfunyika tw’urumogi 1,500 barutwaye kuri moto. Ni mugihe uwitwa Niyibizi w’imyaka 27 yafashwe afite udupfunyika 90,  Manirakiza Abdoul w’imyaka 33 we yari afite udupfunyika 10.

Moto yakoreshwaga mugutwara no gukwirakwiza urumogi

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yagize ati”  Abapolisi bari mu kazi kabo ka buri munsi babona abantu bari kuri moto barimo kwiruka cyane babagirira amacyenga barabahagarika. Nyuma yo kubahagarika barebye mu gikapu cyari mu mugongo wa  Baranyeretse  wari uhetswe kuri moto basanga harimo urumogi udupfunyika 1500.”

CIP Karekezi akomeza avuga ko bamaze gufatwa bavuze ko urwo rumogi bari barukuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bagiye kurucuruza mu bice bitandukanye byo mu Karere  ka Rubavu. 

CIP Karekezi yakomeje avuga ko abapolisi nyuma yo gufata Baranyeretse na mugenzi we w’umumotari bahise bafata Niyibizi na Manirakiza bombi bafite udupfunyika 100 tw’urumogi. Yashimye ubufatanye abaturage bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi byaha.

Ati “Ni kenshi Polisi y’u Rwanda ifata abantu bakwirakwiza ibiyobyabwenge biturutse ku guhanahana. Ibi bigaragaza ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu kurwanya ibyaha, ari nabyo dukangurira n’abandi baturage gukomeza ubu bufatanye.”

Yibukije  abaturage ko usibye no kuba kwijandika mu biyobyabwenge ari  icyaha gihanwa n’amategeko, urumogi  nirwo ntandaro y’ibindi byaha bikunze kugaragara mu muryango nyarwanda nko gukubita no gukomeretsa, ubujura, ihohotera rishingiye ku gitsina n’ibindi bitandukanye.

Abafashwe bose uko ari 6 bashyikirijwe urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) kugira ngo bakorerwe amadosiye.

Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa  igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.