Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 08 Werurwe, Ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z'umuriro ryahuguye abakozi bakora muri Hoteli Serena iherereye mu Karere ka Rubavu. Aya mahugurwa y?umunsi umwe yahawe abakozi 52 bakora muri serivise zitandukanye muri iyo Hoteli
Abahuguwe basobanuriwe ibitera inkongi, amoko y'inkongi n'ibigize inkongi. Beretswe uko bakwitabara bazimya inkongi bakoresheje bimwe mu bikoresho bitandukanye byifashishwa mu kuzimya umuriro harimo n'uburingiti butose.
Umuyobozi w'ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko aya mahugurwa agamije guha ubumenyi abantu batandukanye ku gukumira inkongi no kuyirwanya mu gihe ibaye.
Yagize ati ?abahugurwa basobanurirwa ibitera inkongi kugira ngo babyirinde, tubereka uko bakwitabara mu gihe habaye inkongi. Tunabereka uburyo ibikoresho bizimya umuriro bikoreshwa n?uburyo batabara abantu muri Hoteli haramutse habaye inkongi."
ACP Gatambira yakomeje avuga ko abakozi bo mu mahoteli kimwe n' ahandi abakozi bahuguwe uko bakwirinda inkongi ituruka kuri gaze itekeshwa mu gikoni, banerekwa uko bakwitabara haramutse habaye inkongi.
Twanaberetse uko bakoresha ikiringiti gitose bazimya inkongi iturutse kuri gaze.
Nyuma y?amahugurwa Polisi yasuye hamwe mu hantu hashobora guteza inkongi muri iyi Hoteli nyuma abayobozi ba Hoteli bagirwa inama y?ibyo bakwiye gukosora.
Abahuguwe nabo bashimiye Polisi y?u Rwanda kuba yarabateguriye aya mahugurwa kuko hari byinshi bungukiyemo batari bazi. Bagaragaje ko muri iyi Hoteli hari hasanzwe ibikoresho bizimya inkongi ariko bakaba batari bazi uko babikoresha.
Abaturage bakangurirwa guhamagara Polisi kuri telefoni: 111,112 cyangwa 0788311224 mu gihe habaye inkongi y'umuriro hanyuma Polisi ikabatabara.
Mu Ntara y'Uburengerazuba umuturage aramutse ahuye n'ikibazo cy'inkongi cyangwa akeneye ubundi butabazi yahamagara kuri telefoni 0788311023.


Kinyarwanda
English











