Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Rubavu: Polisi irakangurira abamotari kwirinda kwijandika mu byaha

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Werurwe Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi  bw’Akarere ka Rubavu bagiranye inama n’abakora umwuga wo gutwara abagenzi  kuri za moto muri aka Karere ka Rubavu. Ni inama yabaye hubahirijwe amabwiriza mashya yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19. Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda hari Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Superintendent of Police(CSP)  Edmond Kalisa  yari kumwe  n'Umuyobozi  w' Akarere ka Rubavu Habyarimana Gilbert, hari kandi n’abahagarariye amakoperative y’abamotari mu Karere ka Rubavu .

Mu kiganiro cya CSP Edmond Kalisa,  yakanguriye abamotari kwirinda gushukwa n’amafaranga baba bemerewe n’abanyabyaha kuko iyo babifatiwemo  bahanwa nk’abafatanyacyaha. Yabasabye kujya bashishoza cyane ku bagenzi batwara, nibiba ngombwa bage babanza barebe ibyo bafite.

Ati” Mu bikorwa bitandukanye bya Polisi bikunze kubera muri aka Karere ka  Rubavu ndetse no muri iyi  Ntara muri rusange hari bamwe muri mwe  bafatirwa mu byaha bitandukanye.  Abenshi usanga bashukishijwe amafaranga runaka bakibagirwa ko nibafatwa bazahanwa nk’abafatanyacyaha.  Hakunze gufatwa  abijanditse  mu bikorwa byo gutwara abafite ibiyobyabwenge, abatwaye ibicuruzwa bya magendu ndetse no gutwara  abavuye kwiba.”

CSP Kalisa yibukije aba bamotari guhora bazirikana ko baba bafite imiryango  ibategerejeho imibereho, abasaba kujya bemera bagakorera amafaranga niyo yaba ari make ariko akaba  ari meza atabagusha mu byaha.

Ati” Hari ushobora kukwemerera amafaranga y’umurengera akakujyana gutwara ibintu yibye, ibiyobyabwenge cyangwa magendu. Iyo ufashwe uhita ubona ko ibyo wakoze wibeshye kuko iyo amategeko aguhamije icyaha uragenda ugafungwa ukamara imyaka runaka muri gereza, ubwo uradindira wowe ku giti cyawe, umuryango wawe  ndetse n’Igihugu kirahahombera.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba zuba yakomeje akangurira abamotari  guhora bazirikana ubuzima bwabo, ubw’abakoresha umuhanda  n’ubw’abagenzi batwara.  Yabasabye  gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kandi bakanazirikana ko umutekano wo mu muhanda ari ingenzi.

Yagarutse kuri bamwe mu bamotari bakunze gusuzugura abapolisi igihe babahagaritse bari mu makosa, aho guhagarara bakarushaho kwiruka, yanavuze ko hari abo byagaragaye ko bagerageza guhisha Pulake za moto bazisiga ibyondo, gushyiraho utwuma tuzihisha, kuzisiga amarangi n’ibindi. Byose babikora bagamije kujijisha abapolisi igihe bafatiwe mu makosa. 

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert mu ijambo rye yakanguriye abamotari guhora bazirikana ko ari abafatanyabikorwa b’inzego z’umutekano , bagahora bashyize imbere umutekano  kuko ariwo nkingi y’iterambere. Yanabasabye kujya bubahiriza gahunda za Leta kandi nabo  bagakorera ku ntego zo kwiteza imbere.

Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu Habyarimana Gilbert yasabye abamotari kujya bubahiriza gahunda za Leta kandi babe abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Ati” Hari gahunda zitandukanye Leta igenda ishyiraho zigamije guteza imbere abaturage, murasabwa namwe kujya muzikurikiza, munoze imikorere y’amakoperative yanyu, mutange umusanzu mu kwivuza, mujye muri gahunda y’ejo heza n’ibindi bitandukanye.”

Umuyobozi w’abamotari mu Karere ka Rubavu,  Nderereyezu Innocent mu izina rya bagenzi be  yashimiye  Polisi y’u Rwanda  kubw'inama ihora ibagira avuga ko  bagiye gushyira imbaraga mu gufatanya na Polisi mu kurwanya  abaza kwangiza izina ry'abakora umwuga w'abamotari bagakora ibinyuranije n'amategeko.

Abamotari bahawe umwanya batanga ibitekerezo, biyemeza kuzakurikiza inama bagiriwe