Polisi y?u Rwanda, mu Karere ka Rubavu ku mupaka w?u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ahazwi nka Grande Barriere, mu Murenge wa Gisenyi, kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Mata, yahafatiye umukongomani witwa Amuli-Lwamungu- Goinara, ashaka kwinjiza mu Rwanda urumugi udupfunyika 1,000, akaba yari aruzaniye uwitwa Manzi Mussa bakunda kwita Sadi nawe akaba yahise afatwa.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko habanje gufatwa Lwamungu biturutse ku makuru yizewe yatanzwe n'umuturage.
Yagize ati: " Polisi yahawe amakuru yizewe ko umukongomani utwaye imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser ifite nimero 157AE19, wari uvuye muri Kongo agiye kwinjira mu Rwanda, afite igipfunyika cy?urumogi yari yashyize inyuma (Butu) muri iyo modoka.
Abapolisi bakora ku mupaka bahise bayihagarika barebye inyuma muri Butu yayo basangamo urumogi udupfunyika 1,000, ahita afungwa."
Akimara gufatwa yatangaje ko urwo rumogi yaruhawe n'umugore utuye I Goma muri Kongo, (ntiyavuze amazina ye), ngo aruzanire uwitwa Moussa Manzi uzwi nka Sadi uyu akaba ari ruharwa mu gucuruza urumogi mu mujyi wa Gisenyi, nawe akaba yashakishijwe aza gufatirwa mu kagali ka Nengo, umudugudu wa Kivumu aho yari ategerereje kwakira urwo rumogi.
SP Karekezi yaburiye abantu bose bijandika mu bikorwa by'ibiyobyabwenge kubireka kuko amayeri yabo yose yamenyekanye, abibutsa ko urumogi rushyirwa mu biyobyabwenge bihambaye aho Ubihamijwe n?urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30
SP Karekezi yasoje ashimira abaturage uburyo bafatanya na Polisi y'u Rwanda mu gutahura abanyabyaha, anabasaba gukomeza gutanga amakuru y?aho babonye abacuruza ibiyobyabwenge ndetse n?abafite umugambi wo kubyambutsa imipaka.
Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw'Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Gisenyi ngo hakurikizwe amategeko.

Kinyarwanda
English










