Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu, yagiranye ibiganiro n’abakora irondo ry’umwuga mu murenge wa Gisenyi mu rwego rwo kurebera hamwe uko barushaho kunoza imikorere hagamijwe gukumira ibyaha .
Abanyerondo bagera kuru 200 nibo bahawe ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Gashyantare aho byitabiriwe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rubavu Superintendent of Police (SP) Eric Kabera ari kumwe na Uwimana Vedaste umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gisenyi.
SP Kabera yibukije abakora irondo ry’umwuga ko ari imboni z’abaturage bakwiye guhora baharanira ko ntacyabaca murihumye ngo gihungabanye umutekano.
Yagize ati “Icyizere abaturage babagiriye mukwiye guhora muharanira ko kidatakara, ubunyamwuga n’ubushishozi akaba aribyo bibaranga kandi umunsi ku munsi mukarushaho kurangwa n’ubufatanye n’izindi nzego zishinzwe umutekano’’
SP Kabera yabasabye kugira uruhare mu kurwanya ibyaha birimo ubujura n’ibiyobyabwenge bikomeje kugaragara muri aka karere.
Yagize ati “Ikibazo cy’ibiyobyabwenge ndetse n’ubujura bwaba ubutobora amazu, ubushikuza abagore n’abakobwa amashakoshi mu gihe cy’umugoroba bikomeje kugaragara hirya no hino mu duce tugize uyu murenge hakenewe imbaraga zanyu mu kubirwanya bigacika kuko bikomejeguhungabanya umutekano w’abaturage.”
SP Kabera Yasoje abasaba kurangwa n’ikinyabupfura birinda guhutaza abaturage kandi aribo bashinzwe kubarinda , ndetse bakarushaho gukora kinyamwuga nk’uko babihuguriwe, kwirinda ruswa no kurangwa n’isuku kuko yuzuzanya n’umutekano.
Aba banyerondo bashimiye Polisi uburyo ibegera ikabagira inama, ikanabaha amahugurwa ajyanye n’umwuga bakora ndetse n’amategeko, banizeza abayobozi ko imikorere yabo igiye guhinduka iganisha aheza kubera amahugurwa bahawe.
Uwimana Vedaste umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gisenyi yashimiye abaturage uko bafata iyambere mu kwicungira umutekano abasaba kongera imbaraga mu kurwanya ibbyaha biwuhungabanya birimo ibiyobyabwenge, ihohoterwa n’amakimbirane yo mu muryango. Yanabasabye kugira uruhare mu bikorwa bigamije imibereho myiza n’iterambere birimo kuzigama ndetse no gutanga ubwisungane mu kwivuza (mituelle de sante).
Uretse ibi biganiro bigamije kongerera ubumenyi abacunga umutekano, urubyiruko rw’abanyerondo rwafatanyije n’abamotari bakorera mu murenge wa Gisenyi mu gikorwa cy’umuganda wari ugamije gusibura imiyoboro inyuramo amazi ava ku musozi wa Rubavu kugirango atangiza inyubako Polisi ikoreramo.
Kinyarwanda
English











