Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y'u Rwanda yegukanye umudari wa Bronze mu irushanwa rihuza inzego z'umutekano ku Isi

Mu irushanwa rimaze iminsi itanu kuva tariki ya 7 kugeza ku ya 11 Gashyantare, ribera i Dubai muri Leta Zunze ubumwe z'Abarabu (UAE), ikipe ya mbere ya Polisi y'u Rwanda (RNP SWAT Team 1) yongeye kwitwara neza yegukana umwanya wa gatatu n'umudari wa bronze mu gace ko kunyura mu nzitane (Obstacle course).

Ni irushanwa ryahuzaga inzego z'umutekano zo mu bihugu 48 byo hirya no hino ku Isi, aho Polisi y'u Rwanda yari ihagarariwe n'amakipe abiri, iya mbere ikaba  yaje ku mwanya wa 6 muri rusange n'amanota 484.

Ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda yageze kuri uyu mwanya wa gatatu mu gace ko kunyura mu nzitane nyuma yo gukoresha iminota 3:40.904, aho irushwa n’amakipe abiri amasegonda atarenze abiri, mu makipe agera ku 109 bari bahanganye.

Umwaka ushize ubwo yitabiraga iri rushanwa ku nshuro ya 6, ikipe ya mbere ya Polisi y'u Rwanda yari yaje ku mwanya wa mbere ikoresheje iminota 3:46.2.

Ikipe yaje ku mwanya wa mbere ni iya Kazakhstan ya kabiri (Kazakhstan Team B) yegukanye umudari wa zahabu, naho ikipe y'u Bushinwa nayo ya kabiri (China Police Team B) iza ku mwanya wa Kabiri, yegukana umudari wa silver.

Mu cyiciro cyo kunyura mu nzitane, ari nacyo gisoza ibyiciro bitanu baba barikurushanwa, ikipe ya kabiri ya Polisi y'u Rwanda (RNP SWAT Team 2) yaje ku mwanya wa 14.

Polisi y’u Rwanda yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya 5 mu nshuro 7 iri rushanwa rimaze kuba; mu byiciro byose bigize irushanwa SWAT Challenge, ikipe ya mbere ya Polisi y'u Rwanda yaje ku mwanya wa 6, mu gihe umwaka ushize yari yaje ku mwnaya wa 10. 

Ni mu gihe kandi ikipe ya Kabiri ya Polisi ku rutonde rusange rw’amakipe 109 yaje ku mwanya wa 29.

Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 7 rihuza imitwe y'inzego z'umutekano, aho mu byiciro bitandukanye bigize irushanwa birimo imyitozo yo kumasha, gushakisha abanyabyaha, ubutabazi, kumanukira ku migozi no kunyura mu nzira z'inzitane rifite intego yo kongerera ubushobozi abagize inzego z'umutekano no gushimangira ubufatanye mu guhanahana ubunararibonye, imikorere igezweho, amayeri n'imbaraga z'umubiri mu myitozo itandukanye igize iri rushanwa hagamijwe guhangana n'ibikorwa by’iterabwoba ndetse n’ibindi bihungabanya umutekano.