Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y'u Rwanda yatsinze iya Kenya mu mupira w'amaguru mu mikino ya EAPCCO

Ku mukino wayo wa mbere wabaye ku itariki  27 Kanama uyu mwaka, Polisi y'u Rwanda yatsinze Polisi ya Kenya ibitego bitatu kuri kimwe mu marushanwa  yateguwe n'Umuryango uhuza Abakuru ba Polisi zo  mu bihugu byo mu  Karere ka Afurika y'i Burasirazuba; uwo mukino ukaba warabereye muri Kaminuza ya Mukono muri Uganda.

Ku munota wa 10 w’igice cya mbere Rutahizamu Songa Isaie yafunguye amazamu ku  mupira yahawe na Nsengiyumva Mustapha awubyaza umusaruro atsindira Polisi y’u Rwanda igitego cya mbere; gusa nyuma gato Polisi ya Kenya yaje kukishyura; igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya igitego kimwe ku kindi.

Mu gice cya kabiri Polisi y'u Rwanda yokeje igitutu Polisi ya Kenya nuko  ku mupira w'umuterekano Yves Manishimwe atsinda igitego cya kabiri. Ku munota wa 73 Mushimiyimana Mouhamed yatsinze igitego cy'agashinguracumu; bityo umukino urangira ari ibitego 3 bya Polisi y'u Rwanda kuri 1 cya Polisi ya Kenya.

Polisi y'u Rwanda izakina na Polisi ya Uganda ku wa kabiri tariki ya 29 Kanama, ikipe izatsinda  izahita yegukana igikombe cya EAPCCO ku nshuro ya mbere mu mateka y'aya marushanwa akinwe ku nshuro ya mbere.

Polisi y'u Rwanda ihagarariwe n'abandi bakina  indi mikono itandukanye. Aya marushanwa yitabiriwe n’ibihugu 7 ari byo: U Rwanda, Uganda, Sudan, South Sudan, Burundi, Tanzani na Kenya.

Ubwo yayatangizaga ku mugaragaro, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba n’Umunyamabanga Mukuru wa EAPCCO, Inspector  General of Police (GP) Emmanuel K. Gasana yavuze ko aya marushanwa agamije ahanini gutuma habaho kumenyana hagati y'abagabo n'abagore bagize Umuryango wa EAPCCO no guteza imbere siporo muri izi nzego z’umutekano.

Imikino iri mu bizaganirwaho mu  nama rusange iteganyijwe mu minsi iri imbere ya EAPCCO ; hanyuma iki cyifuzo nicyemezwa kizagezwa ku nama y'Abakuru ba Polisi ku rwego rwa Afurika  kugira ngo harebwe uko iyi mikino yakomeza gukinwa, ndetse igahuza Polisi zo mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika.