Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y’u Rwanda yatashye icyicaro cyayo mu Ntara y’Amajyepfo

Polisi y’u Rwanda ejo yatashye ku mugaragaro inyubako  nshya y’icyicaro cyayo mu Ntara y’Amajyepfo, ikaba ifite agaciro ka miliyoni 680 z’amafaranga y’u Rwanda.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu,Sheik Musa Fazil Harerimana niwe wayoboye uwo muhango.

Ni umuhango kandi   witabiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K Gasana, umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari n’abandi bayobozi.

Iyi nyubako y’amagorofa abiri yubatswe mu mezi 12 ku buso bwa 6727 m2  n’ibyumba 37.

http://police.gov.rw/fileadmin/templates/images/News-2016/HY3.JPG

Ifite ibyumba bibiri by’inama, sitasiyo ya Polisi ifite ibyumba bibiri bifungirwamo byujuje ibyangombwa, icyumba kiganiririzwamo abahungabanye  cyangwa bahohotewe, ikagira n’aho bahagarika imodoka hanini n’ubusitani.

Izaba irimo kandi icyicari cya Polisi mu karere ka Huye, na sitasiyo ya Polisi ya Ngoma.

Avuga kuri uyu muhango wabereye mu karere ka Huye, Minisitiri Harerimana yavuze ko iyi nzu yubatswe bijyanye na gahunda ya  Polisi y’u Rwanda yo kwiyubaka.

Minisitiri Harerimana yagize ati:”Iyi nyubako ni imwe mu ishyirwa mu bikorwa ry’umurongo watanzwe na  Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kuri Polisi y’u Rwanda  mu kuyiha ubushobozi. Turashimira abafatanyabikorwa bose mu iyubakwa kw’iyi nzu, kandi ni muri ubwo bufatanye tuzagera no ku bindi byinshi.”

Polisi y’u Rwanda ikaba kandi irimo gusoza izindi nyubako eshatu z’ibyicari byayo I Musanze mu Majyaruguru, Rubavu Iburengerazuba na Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

Guverineri Munyentwari yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mikoranire yayo n’abafatanyabikorwa  aho yagize ati:” Iki gikorwa kije gisanga iterambere ry’imikoranire ya Polisi n’abaturage  nabyo byazamuye umutekano w’abaturage.”



Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko ibi biri muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kwiteza imbere mu bikorwaremezo.

ACP Twahirwa yagize ati:”Kugeza ubu, icyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, icya Polisi y’Umujyi wa Kigali I Remera byararangiye kandi izindi nyubako eshatu z’ibyicaro bya Polisi mu ntara bizarangira vuba. Icyiciro kizakurikiraho ni icyo kubaka sitasiyo za Polisi.”