Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y'u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana mu karere ka Nyanza

Polisi y'u Rwanda yakomereje  ibikorwa by'ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana mu karere ka Nyanza mu ntara y'amajyepfo, ku itariki 22 Mata 2015,

Iki gikorwa cyateguwe na Polisi y'u Rwanda ifatanije na Minisiteri y'uburinganire n'iterambere ry'umuryango, iy'ubutegetsi bw'igihugu, n'ihuriro ry'imiryango y'Umuryango w'Abibumbye mu Rwanda (One UN-Rwanda).

Umuyobozi w'intara y'amajyepfo, Alphonse Munyetwari yashimye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame na Madamu we Jeanette Kagame, ku cyerekezo cyiza, imirongo ngenderwaho n'ingamba  byo  kurwanya no gukumira ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana.

Munyentwari yagize ati : "Ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina bigira ingaruka mbi ku babikorewe, imiryango yabo, ndetse no ku iterambere ry'igihugu. Igiteye inkeke n'uko hariki abantu batari bumva uburemere bw'ibi byaha n'ingaruka zabyo.Turashima Polisi y'u Rwanda kubera ubu bukangurambaga kuko buzadufasha kurushaho gukangurira abaturarwanda kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya no gukumira biriya byaha."

Yagize kandi ati : "Ubufatanye hagati y'inzego za Leta zirimo ubuyobozi bw'ibanze, abafatanyabikorwa batandukanye ndetse n'abaturage, ni byo bizadushoboza kurwanya no gukumira ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana."

Umuyobozi w'ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe ibikorwa by'ubwubatsi, Deputy Commissioner General of Police (DCGP) Stanley Nsabimana, yavuze ko iri hohoterwa rigira ingaruka mbi ku wabikorewe, umuryango we, ndetse n'igihugu muri rusange.

Yakanguriye ubuyobozi bw'intara y'amajyepfo n'akarere ka Nyanza by'umwihariko, gukomeza ubufatanye mu kurwanya bene ririya hohoterwa ndetse n'ibyaha muri rusange.

DCGP Nsabimana yakanguriye kandi abaturage kujya batanga amakuru ku gihe ajyanye na bene ririya hohoterwa kugira ngo rikumirwe, rirwanywe ndetse n'abarikoze bashyikirizwe ubutabera.

Abdullah Murenzi, umuyobozi  w'akarere ka Nyanza,  yavuze ko inda zitifuzwaga, ubuzererezi n'uburwayi  ari zimwe mu ngaruka mbi z'ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Murenzi yasabye ko  harushaho  kubaho ubufatanye mu kurwanya biriya byaha agira ati : "Umuryango ni ishingiro ry'iterambere. Dukwiye kandi dufite inshingano yo kuwurengera, turwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana."

Claire Uwumuremyi, umuhuzabikorwa w'inama y'igihugu y'abagore muri aka karere, yakanguriye ababyeyi kwita no  kuzuza ku nshingano zabo,  harimo kurinda abana babo ihohoterwa, ririmo n'iri ry'ubu bwoko, ndetse n'ingeso mbi zishobora kwangiza ahazaza habo n'igihugu muri rusange."

Yakanguriye kandi abagize umuryango kujya bagena igihe cyo kuganira ku bibazo bafite no kubishakira umuti hamwe mbere y'uko biteza amakimbirane ashobora kuvamo n'ubwicanyi.

Ibikorwa by'ubu bukangurambaga  bya Polisi y'u Rwanda bwo kurwanya ibyaha by'ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana, bifite insanganyamatsiko igira iti : "Twese biratureba."