Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y’u Rwanda yafatiye mu mukwabu amashashi arenga ibihumbi 161

Kuwa kabiri ku itariki ya 20 no kuwa gatatu tariki ya 21 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu icumi (10), bafatirwa mu turere twa Gakenke na Muhanga nyuma yo gufatwanwa amashashi 161700, ndetse banacuruza ibicuruzwa bifunze mu mashashi .

Umwe mu bafashwe ni uwitwa Harumukiza Julienne w’imyaka 36 wo mu karere ka Muhanga wafatanwe amakarito 200 arimo amashashi ibihumbi ijana na mirongo itandatu. (160000).

Aya mashashi akaba yarafatiwe mu iduka rye riherereye mu kagari ka Gahogo Umurenge wa Nyamabuye, hakaba haranasanzwe inzoga zitemewe mu Rwanda ziri mu mashashi 1320 zizwi nka Blue.

Ifatwa rya Harumukiza rikaba ryarabaye hatarashira n’icyumweru n’umugabo we afatiwe muri iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi, yavuze ati:”Kuwa gatandatu ushize, twakoze umukwabu nk’uyu dufatana umugabo wa Habumukiza amapaki y’amashashi, arekurwa kuwa gatatu nyuma yo gutanga amande nk’uko amategeko abiteganya. Ariko ikibabaje ni uko ataragera no mu rugo, twahawe amakuru ko umugore we nawe hari andi mashashi afite, ari nabwo abapolisi basubiye mu rugo iwe bakahasanga amakarito yayo 200.”

CIP Kayigi yanavuze ko aba bombi bahora bafatirwa mu bikorwa by’icuruzwa ry’inzoga zitemewe ndetse n’amashashi.

Umwaka ushize, muri Muhanga hafatiwe imodoka yari ipakiye inzoga zitemewe nazo zigiye kugurishwa kuri aba bagize uyu muryango.

No mu karere ka Gakenke kandi, abantu 9 bose hamwe bafatanywe amashashi arenga 1718, bacibwa amande y’ibihumbi magana atatu na cumi na bitanu (315, 000Frw).

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko abafashwe bafatiwe mu mirenge ya Ruli, Gashenyi, Gakenke na Cyabingo.

Ingingo ya 433 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko umuntu wese ukoresha ishashi ikozwe muri pulasitiki, ahanishwa ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi bitanu (5.000) kugeza ku bihumbi ijana (100.000) kandi akamburwa iyo shashi.