Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abashoferi batubahiriza amategeko y’umuhanda

Polisi y’u Rwanda irongera kwihanangiriza abashoferi batwara ibinyabiziga ntibubahirize amategeko y’umuhanda  bigateza impanuka  zitwara ubuzima bw’abantu abandi bagakomereka.

Ibi Polisi irabivuga kuko kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4,Ukwakira  habaye impanuka 3 mubice bitandukanye by’igihugu  aho zaguyemo umuntu 1 abandi 2 bagakomereka.

Izi mpanuka zikaba zabereye mu karere ka  Gasabo, mu karere ka Burera  hanyuma iyindi ibera mu karere ka Kicukiro .

Mu karere ka Gasabo  imodoka yo mu bwoko bwa  Dayihatsu ifite nimero za purake  RAB 303 V ,yagonze umunyamaguru ahita  yitaba Imana, naho mu karere ka Burera umunyegare yagonze umunyamaguru bose barakomereka.

Naho  mu karere ka Kicukiro ikamyo yo mubwoko bw’isuzu  ifite purake UAN U yataye umuhanda maze igonga  inkingi y’amashanyarazi 3 (amapoto) .

Abakomeretse bakaba bajyanywe mubitaro  Kivuye naho umurambo wu witabye imana ujyanwa kubitaro bya Polisi ku Kacyiru kugirango ukorerwe isuzwumwa.

Umuvugizi  wa Polisi ishami rya traffic rikorera mu muhanda Chief  Inspector Emmanuel Kabanda  yatangaje ko  izimpanuka zatewe n’uburangare hamwe n’umuvuduko mwinshi w’abashoferi.

Aributsa kandi abashoferi n’abndi bakoresha umuhand a muri rusange kubahiriza amategeko y’umuhanda kuko  abatubahiriza amategeko amategeko y’umuhanda ibihano bibateganyirijwe.

Yongeyeho ko impanuka za kwirindwa  mugihe habayeho kubahiriza amategeko y’umuhanda bityo impanuka zitwara ubuzima bw’abantu n’ibintu byabo zikaranduka .

Yasabye kandi abafite ibinyabiziga bitwarwa n’abandi kujya babigenzura kugirango barebe niba imodoka  zabo zujuje ubyangombwa n’imyimyitwarire y’abashoferi bazihaye kuzitwara.