Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi kuba maso bakarinda abana kurohama mu migezi no mu byobo. Ubu butumwa ikaba ibuha ababyeyi n’abandi bashinzwe kurera abana hirya no hino mu gihugu nk’uko byagiye bigaragara ko, abana batakaza ubuzima nyuma yo kurohama mu byobo no mazi kuko abashinzwe kubarera baba bahugiye mu mirimo itandukanye cyangwa bagize uburangare.
Urugero ni aho mu karere ka Kayonza ,umurenge wa Murundi ,akagari ka Karambi umwana w’umwaka 1,5 yaguye mu ndobo y’amazi yari iteretse hanze imbere y’inzu maze agahita apfa ,umurambo we ukaba wahise ujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ryamanyoni.
Nkuko bitangazwa na Polisi ikorera muri ako karere uyu mwana waguye mu ndobo yuzuye amazi akaba yari arimo arerwa na mukuru we naho nyina akaba yari yagiye guhinga amusigira mukuruwe ntiya mwitaho aramucika agwa mucyobo.
Superintendent of Police (SP) Donat Kinani akaba asaba ababyeyi bacukura, ibyobo byo gutega amazi hafi y’inzu cyangwa imisarani bacukura itaruzura ko bagomba kubitwikira neza kuko bishobora gukurura impanuka mu gihe abana babiguyemo bakina cyangwa n’abantu bakuru bakaba babigwamo.
SP Kinani kandi aragira inama ababyeyi n’abandi barera abana kubahozaho ijisho kugira ngo habeho kurinda ko barohama.
Arabibutsa kandi ko mu gihe habayeho kugwa no kurohama mu byobo no mu mazi, abaturage bakwiye gutabara vuba na bwangu kandi bakabimenyesha Polisi ikorera hafi aho, aho banahamagara kuri 110 ku buntu kandi by’umwihariko abana bakigishwa umunsi ku wundi kudahirahira gukinira hafi y’ibyobo,ibiyaga n’imigezi, kuko bashobora kurohama bakahasiga ubuzima.
Kinyarwanda
English











