Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi y’u Rwanda irakangurira abana kujya bavuga ihohoterwa ribakorerwa hakiri kare

Kuri uyu wa kabiri taliki ya 18 Werurwe 2014 , mu kigo cya Polisi  cyakira ababa bakorewe  ihohoterwa ritandukanye kiri mu karere ka Kicukiro,   hazindukiye abana babiri b’abahungu, bo mu kigero cy’imyaka 11 na 15  bavugako  bakorewe ihohoterwa n’abantu baturanye,  aho babashutse babinjiza mu gipangu barabakubita ku buryo budazanzwe babitiranyije n’abandi bana bakekaga ko ari abajura.

Kugeza ubu umugabo umwe akaba ari mu maboko ya Polisi akekwaho icyaha cyo  kwihanira no guha ibihano ndenga kamere bano bana bavuzwe haruguru , kugubita no gukomeretsa ,  ibi byose bigaterwa no kwirengagiza amategeko cyane nkirirengera abana .

Kuri iki gikorwa,  SSP Rose Muhisoni ukuriye ishami  ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina  muri Polisi y’u Rwanda yavuze  ko ihohoterwa rikorerwa abana ari ikibazo gikomeye,  aho abana 5 mu mugi wa Kigali bamaze guhohoterwa muri uku kwezi kwa Werurwe konyine, ndetse umwe bikamuviramo urupfu.

SSP Muhisoni  akaba avuga ko iki ikibazo gikomeye akaba  asaba inzego zose kugihagurukira   cyane cyane ababyeyi,  bagira uruhare mu guha uburere bwiza  abana babo.

IP Angelique Mujawamariya uyobora iki kigo, yavuze ko kuva iki kigo cyatangira imirimo yacyo mu kwezi kwa Nzeli umwaka ushize, ari ubwa mbere bakiriye ikibazo cy’ihohoterwa gikomeye kuri ubu buryo,  aho bahise batangiza iperereza ngo ababikoze babihanirwe n’amategeko.

Umuyobozi  mu kigo cy’igihugu gishinzwe uburinganire( gender monitoring office) madamu     Mutoniwase Sophie, unashinzwe  gukurikirana  no kurwanya  ihohoterwa rishingiye ku gitsina   muri iki kigo,  yavuze  ko bagiye gukora ubuvugizi ku nzego zose kugira ngo  guha ibihano ndengakamere abana bato bicike  burundu .

Akaba yashimiye imikorere y’iki kigo cya Polisi  muri  Kicukiro  ndetse ashima serivisi zihatangirwa, aho yaboneyeho   gusaba  inzego zibishinzwe kugeza ibigo nk’iki  hose mu turere  tw’igihugu kugira ngo byegere umuryango nyarwanda ukirangwamo ihohoterwa ritandukanye.