Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yafunze Adeline, Anne na Diane Rwigara

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23 Nzeri, ubugenzacyaha bwafashe icyemezo cyo gukomeza iperereza kuri Adeline Rwigara, Anne Rwigara na Diane Rwigara bafunze ku  byaha bakekwaho byo guhungabanya umutekano w’igihugu no gukoresha inyandiko mpimbano.

Mu iperereza bakorwagaho, Polisi yatahuye  ibimenyetso bigaragaza ko aba uko ari batatu hari ibikorwa barimo bigambiriye  gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Ibi kandi bikaba byiyongera ku myitwarire yabaranze  yo kwanga gukorana neza n’ubugenzacyaha,  mu iperereza ry’ibanze bakorwagaho, no gutangaza ku mugaragaro ibyo babajijwe n’ubugenzacyaha byose kandi ubundi bigomba kuba ari ibanga.

Ibi byose rero byatumye  ubugenzacyaha, mu bubasha buhabwa n'amategeko bufata icyemezo cyo kubafunga. Polisi yemerewe  iminsi itarenze itanu (5) kugirango irangize iperereza ryayo, hanyuma hashingiwe ku bimenyetso byegeranyijwe hagafatwa icyemezo harimo no kuba  bashyikiriza dosiye ubushinjacyaha.

Aba bakekwaho ibi byaha bamenyeshejwe  uburenganzira bwabo buteganywa n’amategeko burimo no kugira ababunganira.

ACP Theos Badege

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda