Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yafashe urumogi udupfunyika turenga ibihumbi 2,000 rwari rugiye gukwirakwizwa mu baturage

Mu bikorwa bya Polisi y?u Rwanda bigamije kurwanya abacuruza n?abakwirakwiza urumogi mu gihugu abantu batatu bafatanwe udupfunyika tw?urumogi ibihumbi 2,140. Bafatiwe mu Karere ka Rubavu na Huye, bafatwa tariki ya 24 na 25 Mutarama 2022.

Kuwa Kabiri tariki ya 25 Mutarama mu gitondo mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi hafatiwe uwitwa Mukamuzungu Alphonsine w?imyaka 72, yafatanwe udupfunyika tw?urumogi 41 naho Nikobambona John w?imyaka 66 nawe wo mu Murenge wa Mbazi afatanwa udupfunyika 100.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko bariya bafashwe biturutse ku makuru yizewe yatanzwe n?abaturage.

Yagize ati? Polisi yahawe amakuru ko Nikobambona John na Mukamuzungu ari abacuruzi b?urumogi, twateguye igikorwa cyo kubafata. Bafashwe mu gitondo cya tariki ya 25 Mutarama bafatirwa mu ngo zabo nyuma yo kubasaka mu nzu. Bose bafatanwe urumogi twavuze haruguru bashyikirizwa ubugenzacyaha.?

Ni mu gihe kuwa mbere tariki ya 24 Mutarama uwitwa Bugingo Augustin w?imyaka 40 yafatanwe udupfunyika tw?urumogi 2,000. Yafatiwe mu bikorwa bya Polisi byabereye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Cyanzarwe, Akagari ka Busigari, Umudugudu wa Bigu. Uru rumogi yarwinjiranye mu Rwanda mu buryo bwa rwihishwa arukuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko Bugingo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n?abaturage.

Yagize ati? Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) bari bahawe amakuru ko Bugingo ari umucuruzi w?ibiyobyabwenge abikura mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Cngo. Umwe mu baturage bo mu Kagari ka Busigari yahamagaye abapolisi ababwira ko abonye ufite urumogi, hahise hategurwa igikorwa cyo gukurikirana uwo muntu nibwo rwafatanywe Bugingo, afatirwa mu cyuho afite udupfunyika 2,000 tw?urumogi.?

Bugingo amaze gufatwa yemeye ko arukura muri Congo ariko yanga kuvuga abakiriya aba aruzaniye mu Rwanda n?aho atuye. Polisi yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge byo ntandaro y?ibindi byaha. Yaburiye abakomeje kwijandika mu byaha ko amaherezo ari igihe naho ubundi bazafatwa.

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza

Iteka rya minisitiri n? 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw?ibiyobyabwenge n?ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy?urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw?imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n?amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n?urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.