Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yafashe litiro ibihumbi 2,900 z’inzoga zitujuje ubuziranenge

Tariki ya 07 Mata na tariki ya 08 Mata 2020 Polisi y’u Rwanda ikorera mu turere twa Kayonza na Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba no mu karere ka Nyabihu mu  murenge wa Bigogwe mu ntara y’Iburengerazuba hafatiwe inzoga zitujuje ubuziranenge zingana na litiro ibihumbi 2,900.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage  mu  karere ka Kayonza mu murenge wa Nyamirama  hafatiwe  litiro 1200 naho mu murenge wa Mukarange hafatiwe litiro 180. Ni mugihe mu karere ka Ngoma mu murenge wa Gashanda umuturage yafatanwe litiro 520. 

Yagize ati  “Polisi yari mu bikorwa byayo bisanzwe byo kurwanya inzoga z’inkorano nibwo mu rugo rw’umuturage witwa   Uwizeyimana Claire  w’imyaka 38 na  Munyankiko Vital w’imyaka 33 hafatiwe litiro 1200  naho  Mukakarangwa Vestine  w’imyaka 40 na  Hishamunda Joseph w'imyaka 37 hafatirwa  litiro 180 ni mu gihe mu karere ka Ngoma mu murenge wa Gashanda mu kagari ka  Mutsindo mu rugo rwa Ishimwe Joseph w’imyaka 32 twahasanze uruganda yakoreragamo  ziriya nzoga, twasanze afite litiro 520.” 

Ni mugihe mu ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe mu kagari ka Kora  mu rugo rwa  Hategekimana Jean de Dieu w'imyaka 53 abapolisi bahasanze uruganda yakoreragamo inzoga zitujuje ubuziranenge zingana na  litiro iguhumbi.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba yavuze ko inzoga zafahswe zahitaga zimenwa ndetse n’abazifatanwe bagakangurirwa kubireka bakagaragarizwa ingaruka zazo.

CIP Twizeyimana yagize ati “Ziriya nzoga turazifata tukazimena, abo tuzisanganye tukabasobanurira ko barimo  kwangiza ubuzima bw’abanyarwanda kuko ziriya nzoga ziba zidakoranye isuku kandi n’uburyo bazikoramo bukaba bitizewe.”

Yakomeje agaragaza ko ziriya nzoga zishobora kugira ingaruka ku buzima bw’uzinyoye haba mu bihe bya vuba cyangwa mu gihe gitinze. Asaba abaturage kujya bihutira gutanga amakuru  igihe cyose babonye  abantu bakora inzoga zitujuje ubuziranenge.

Ingingo ya 5 y’Iteka rya minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.  Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.