Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yafashe amasashe arenga 7100 mu maduka

Kuri iki Cyumweru, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye na Gakenke yakoze umukwabu wo kugenzura ko amabwiriza yatanzwe na Leta ko utubari ndetse n’amaduka adacuruza ibyo kurya ko yubahirije amategeko yatanzwe mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Muri icyo gikorwa bamwe mu bacuruzi mu maduka yabo hafatiwe amasashe agera ku 7,164.

Mu karere ka Huye mu murenge wa Tumba, mu kagari ka Mpare mu iduka ry’uwitwa Niyomugabo Justin w’imyaka 23 hafatiwe amapaki y’amasashe agera kuri 35 ahwanye n’amasashe 7,000 kuko buri paki iba igizwe n’amasashe 200.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko uyu mugabo yafashwe ubwo bagenzuraga ko abacuruzi bubahirije amabwiriza yatanzwe na Leta yo gufunga amaduka adacuruza ibyo kurya mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Yagize ati: “Inzego z’umutekano n’iz’ibanze zikorera muri uwo murenge zari ziri mu igenzura ko ayo mabwiriza yubahirijwe nk’uko yatanzwe maze bageze ku iduka rya Niyomugabo basanga arimo acururizamo amasashe.”

Mu karere ka Gakenke mu murenge wa Gashenyi hafatiwe uwitwa Mbabariye Pierre w’imyaka 32 nawe mu iduka rye abapolisi basanzemo amasashe agera ku 164.

CIP Twajamahoro yibukije  abaturage ko amasashe atemewe mu gihugu kuko yangiza ibidukikije n’ibinyabuzima. Aboneraho no kugira inama abacuruzi ndetse n’abaturage muri rusange kudakorera ku jisho no gucunganwa n’abayobozi.

Yagize ati: “Abantu baba barabujijwe gucuruza amasashe n’ibindi bintu bitemewe ariko bararenga bagacunga ku jisho abayobozi bagakomeza kubicuruza birengagije ko inzego zose zikorana n’abaturage ndetse hari amategeko.” 

Itegeko n° 17/2019 ryo ku wa 10/08/2019 ryerekeye kubuza ikorwa, itumizwa mu mahanga, ikoreshwa n’icuruzwa ry’amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe mu ngingo ya 10 bavuga ko Umuntu utumiza mu mahanga amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa kwamburwa ayo masashe n’ibyo bikoresho no kwishyura ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’inshuro icumi (10) z’agaciro k’ayo masashe n’ibyo bikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe.

Mu ngingo ya 12 ivuga ko umuntu ucuruza mu buryo butaranguza amasashe n’ibikoresho bikozwe muri pulasitiki bikoreshwa inshuro imwe ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) kandi ayo masashe n’ibyo bikoresho akabyamburwa.