Kuri uyu wa mbere tariki ya 01 Ukuboza, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ngororero yataye muri yombi abasore 2 bakekwaho gutunga amafaranga y’amahimbano.
Nk’uko Polisi ikorera muri ako karere ibitangaza, abo basore ni
Barebukize Phenias w’imyaka 27 y’amavuko na Nzamuye Bazokoriki Silas w’imyaka 29, bakaba yarafatiwe mu murenge wa Muhanda, bagafatanwa amafaranga y’amahimbano angina n’ibihumbi ijana na mirongo itatu (130,000Frw) agizwe n’inote 26 z,amafaranga ibihumbi bitanu(5000Frw), nyuma gato yo kugura umurima bakishyura ayo mafaranga y’amakorano.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Ngororero Senior Superintendent of Police (SSP) Alphonse Zigira, yavuze ko abaturage bakimara kubona ayo mafaranga y’amahimbano bahise bamenyesha inzego za Polisi ari nabwo bahise bafatwa.
SSP Zigira akaba yibutsa abaturage ko bakwiye kwirinda ibyo bikorwa, kandi bagatanga amakuru, kuko amafaranga y’amakorano amunga ubukungu bw’igihugu ndetse akanagira ingaruka ku miryango nyarwanda.
Yabashishikarije buri gihe kugira inyota yo kugenzura inoti mbere yo kuzakira kugirango birinde abo banyaburiganya.
Aba basore bombi ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabaya, mu gihe iperereza rigikomeje.
Kinyarwanda
English











