Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Polisi yaburiye abarenga ku mabwiriza agenga ubukwe muri iki gihe cya COVID-19 n’abakora ibindi birori

Polisi y’u Rwanda iravuga ko mu busesenguzi igenda ikora imaze kubona ko n’ubwo mu mibyizi hari abatubahiriza amabwiriza yo kurwanya COVID-19 ariko  iyo bigeze muri minsi isoza icyumweru (weekend) biba akarusho. Yagaragaje ko abantu bakomeje gufatwa bakoze ibirori mu ngo muri weekend harimo nk'amasabukuru y'amavuko n'ibindi kandi byitabiriwe n'abantu baturutse hiryo no hino.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko ibyo bikorwa byavuzwe kenshi ko bitemewe kandi bishobora gukwirakwiza Koronavirusi. Yanagarutse no kubantu bafata amaresitora n’ingo zabo  bakabihindura utubari.

CP Kabera agira ati  “Hari  abantu bafatwa bahinduye ingo zabo utubari kandi batumiye abantu benshi baturutse imihanda yose. Abarara bagenda bavuye mu mago aho batumiwe mu birori cyangwa mu tubari twahinduwe  za resitora. Hari abafatwa batavuye mu kazi ahubwo bigaragara ko bavuye gusurana mu ngo hiryo no hino, ibi bidahagaze bishobora kongera ubwandu n'ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 bika byasubiza igihugu muri gahunda ya #GumaMuRugo.” 

CP Kabera  yakomeje akangurira umuntu  ushaka gukora isabukuru yayikorera iwe mu rugo n'umuryango we, gutumira inshuti n'abavandimwe ntabwo byemewe, ushaka kunywa inzoga yayinywera aho byemewe cyangwa akayigura akayijyana iwe mu rugo, gutumira inshuti n'abavandimwe ngo musangire mu rugo iwawe ntago byemewe. Yavuze ko abafite umuco wo gusurana bakwiye kubireka kubera ko bishobora kuba intandaro y'ikwirakwira rya Koronavirusi.

Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda  avuga ko n’ubwo ubukwe bwemewe ariko bufite amabwiriza abugenga, gusa bimaze kugaragara ko hari abarenga kuri ayo  mabwiriza Leta yatanze.

Yagize ati  “Mu bugenzuzi twakoze twasanze hari abarenga ku mabwiriza harimo kudahana intera, kutambara agapfukamunwa, kuramukanya bakoranaho birimo guhoberana no guhana ibiganza, guhererekanya impano, n'ibindi, ibi ntabwo byemewe. Polisi iramenyesha abantu bakira ubukwe ko izakorana n'inzego zibishinzwe inyubako zabo zigafunga mu gihe isanze abari mu bukwe batubahiriza  amabwiriza yo kwirinda COVID-19.”

CP Kabera yasabye abazajya bakoresha ubukwe ko babwira abahesha b'amagambo babo ko bajya batanga ubutumwa bwa #NtabeAriNjye.  

Polisi y'u Rwanda kandi iramenyesha abantu bose barenze ku mabwiriza yo kwinda COVID-19 ndetse bakanga no kumvira abapolisi mu gihe bagenzuraga iyubahirizwa ry'ayamabwiriza ko bagiye gukurikiranwa hifashishijwe amategeko.

Itegeko nomero 68/2018 ryo kuwa 30/8/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange ingingo ya 242 ivuga ko umuntu wese wanga kwitaba yahamagajwe kuburyo bwemewe n'amategeko kandi yahamarijwe murwego rwakazi atumiwe n'umushinja, umurega cyangwa abandi bayobozi aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko ahanishwa igifungo kitari hasi y'ukwezi kumwe ariko kitageze ku mezi atandatu nihazabu y'amafaranga y'urwanda atari munsi 200,000Frw  ariko atarenze 500,000 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibibihano