Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police HC yatsinze ES Kigoma mu mukino wa kabiri wa shampiyona y’igihugu

Kuri iki cyumweru tariki ya 01 Werurwe 2020, shampiyona mu mukino w’amaboko(Handball) yarakomeje, Police Handball Club yakinnye n’ikipe y’ishuri ryisumbuye rya Kigoma(ES Kigoma) riherereye mu karere ka Ruhango. Umukino wabereye muri iki kigo, warangiye Police HC itsinze ES Kigoma ibitego 42 kuri 25 bya ES Kigoma.

Uyu mukino wabereye ku ishuri ryisumbuye rya Kigoma, watangiye ubona ko amakipe yombi ahanganye cyane kuko iminota 30 y’igice cya mbere yarangiye Police irusha ikipe ya ES Kigoma ibitego 6 gusa, kuko icyo gice cyarangiye Police HC  ifite ibitego 18 kuri 12 bya ES Kigoma.

Igice cya Kabiri ikipe ya Police HC yagarutse igaragaza ko irusha cyane ikipe ya ES Kigoma kuko yahise itsinda ibitego 24 byose bituma umukino wose urangira Police itsinze ibitego 42 kuri 25 bya ES Kigoma.

Muri uyu mukino abakinnyi ba Police HC aribo Nkengurutse Brax yatsinze ibitego 8 wenyine, Hagenimana Fidele bakunze kwita Machine atsinda ibitego 7 naho uwitwa  Tuyishime zacharie atsinda ibitego  6. Aba nibo batsinze ibitego byinshi muri uyu mukino.

Umutoza wa Police HC, Inspector of Police (IP) Antoine Ntabanganyimana  ashimira abakinnyi abereye umutoza uburyo bahora barangwa n’ishyaka kandi umukino wose bakawufata nk’ukomeye.

Ati:  “Ndashimira abakinnyi bacu kuko imikino yose bayifata kimwe, amakipe yose bayafata nk’akomeye kuko burya ikipe yose ijya kuza muri aya marushanwa iba ikomeye kandi yariteguye bihagije, intego yacu iba ari ugutsinda kandi inshuro nyinshi tubigeraho.”

IP Ntabanganyimana yakomeje avuga ko shampiyona y’uyu mwaka wa 2020 ivuze byinshi ku ikipe ya Police HC kuko muri uyu mwaka u Rwanda ruzakira amarushanwa ahuza Police zo muri aka karere k’Iburasirazuba(EAPCCO Games). Kuri Police HC imikino yose izabanziriza iri rushanwa ni umwanya mwiza wo kwitegura.

Ati:  “Biteganyijwe ko muri Kanama uyu mwaka u Rwanda ruzakira imikino ya EAPCCO Games, imikino yose tuzakina mbere y’uko iri rushanwa ritangira  ni umwanya mwiza wo gutegura abakinnyi bacu kugira ngo tuzongere kwegukana iri rushanwa mu mukino wa Handball.”

IP Ntabanganyimana avuga ko we n’abakinnyi abereye umutoza bafite intego yo gukomeza guhesha ishema igihugu ndetse na Polisi y’igihugu mu mukino wa Handball haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

Ubu Police HC ifite amanota 6 n’ibitego 31 izigamye, ikaba ariyo iyoboye itsinda irimo ryo mu majyepfo, aho iri kumwe n’amakipe nka ES Kigoma, Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-Huye), Munyove HC yo mu karere ka Rusizi na Nyakabanda HC yo mu mujyi wa Kigali. umukino utaha Police HC izakira ikipe ya Munyove HC tariki ya 29 Werurwe.

Twabibutsa ko muri uyu mwaka Police HC ariyo iheruka kwegukana igikombe cy’irushanwa ryitiriwe intwari z’igihugu ku nshuro ya munani nyuma yo gutsina ikipe ya APR HC ku mukino wa nyuma, Police HC ikaba yaratsinze APR HC ibitego 40 kuri 35.