Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police HC yatsinze amakipe yose mu irushanwa rya Handball ikinirwa ku mucanga

Kuva tariki ya 7 kugeza tariki ya 8 Mutarama 2023,  mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu, mu Karere ka Rubavu, harimo kubera irushanwa ry'umukino w'intoki (Handball) ukinirwa ku mucanga ihuza amakipe atanu yaryitabiriye.

Ikipe ya Polisi y'u Rwanda muri uyu mukino  (Police HC) yabashije kwitwara neza muri iri rushanwa aho imaze guhigika amakipe yose ahuriye nayo muri iri rushanwa mu cyiciro cya mbere cy'ijonjora.

Imikino y’amajonjora yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Mutarama, Police HC yatsinze amakipe yose uko ari ane bihuriye muri iri rushanwa.

Ku ikubitiro Police HC yakinnye na Kaminuza y'u Rwanda, iyitsinda mu bice byombi bityo umukino urangira Police HC ifite amanota 2 ku busa bwa Kaminuza y'u Rwanda.

Umukino wakurikiyeho yakinnye na Ecole Secondaire de Kigoma nawo urangira Police HC itsinze 2 ku busa bwa ES Kigoma.

Mu mukino wa gatatu Police HC yatsinze ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle yo mu Karere ka Rubavu kuri Penaliti 5-3 nyuma yo kunganya inota 1-1 mu bice byombi by'umukino wazihuje, mu gihe mu mukino wo gusoza amajonjora Police HC yatsinze ikipe ya Tengo yo mu Mujyi wa Kigali kuri Penaliti 11 ku 10 za Tengo nyuma yo kunganya inota 1-1 bityo Police HC isoza amajonjora yegukanye umwanya wa mbere.

Ku cyumweru nibwo biteganyijwe ko hazakinwa umukino wa 1/2 cy'irangiza, aho Police HC yabaye iya mbere, izakina n'ikipe ya ES Kigoma yabaye iya Kane mu majonjora, naho ikipe ya Tengo yabaye iya kabiri igakina na Vision Jeunesse Nouvelle yabaye iya gatatu. Izizatsinda iyo mikino zizahurira ku mukino wa nyuma (Final) aho izitwara neza izegukana igikombe.

Umutoza wa Police HC, Chief Inspector of Police (CIP) Antoine Ntabanganyimana, yavuze ko intego fite ari ugutsinda imikino yose bagatwara igikombe.

Yagize ati: "Nibyo koko kugeza ubu ibyo abakinnyi basabwaga byose babashije kubishyira mu bikorwa batsinda imikino yose, intego ni ugukomeza kwitwara neza tugatwara igikombe, imbaraga n'ubushobozi  birahari kandi bafite ubushake, icyizere ni cyose ko tuzacyegukana."

CIP Ntabanganyimana yashimiye abakinnyi abereye umutoza, anashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’abafana badahwema guhora inyuma y’ikipe.

Yagize ati:" Ni intambwe nziza kuba ikipe yitwaye neza igatsinda amakipe yose yahuye nayo, biratanga icyizere ko n'igikombe tuzakisubiza. Turashimira ubuyobozi bwa Polisi y'u Rwanda ku nkunga budahwema gutera ikipe n'abafana bacu bakomeza kudushyigikira."

Iri rushanwa ryatangiye guhatanirwa mu mwaka wa 2011, iririmo kuba kuri ubu ni iryo mu mwaka wa 2022 kuko ryagombaga kuba mu kwezi k'Ukwakira  umwaka ushize ariko riza gusubikwa.

Ikipe ya Police HC iramutse iryegukanye, yaba itwaye igikombe cya gatandatu kuko ibitse ibikombe 5 yatwaye mu myaka ya 2011, 2012, 2014, 2015 no mu mwaka wa 2021, ari naryo rushanwa riheruka.