Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police HC yahaye icyizere abakunzi bayo ko itazarekura igikombe cya shampiyona

Ni nyuma y'aho kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Kamena 2019, ikipe ya Police Handball Club itsindiye ikipe ya APR HC mu mikino isoza shampiyona ibitego 35 kuri 31.

Ni umukino ubanza wo mu mikino ya nyuma yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya shampiyona mu mukino wa Handball. Umukino wabereye mu kigo cy 'urubyiruko giherereye mu mujyi wa Kigali, akarere ka Nayarugenge mu murenge wa Kimisagara, ahakunze kwitwa kuri Maison des jeunes Kimisagara.

Umwaka ushize iyi kipe ya Police HC niyo yari yatwaye igikombe cya shampiyona.

Hari hashize ibyumweru 3 gusa izi kipe zihuriye ku mukino wa nyuma mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cyo kwibuka abakunzi ba siporo n'abakinnyi bazize Genoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Icyo gihe ikipe ya APR HC yatsinze Police HC ibitego 35 kuri 30,abakinnyi ba Police batashye bakubita agatoki ku kandi bavuga ko bitagomba kurangirira aho.

Aha niho umutoza w'ikipe ya Police HC Inspector of Police( IP) Antoine Ntabanganyimana yahereye abwira itangazamakuru ko nta rindi banga yakoresheje usibye gukosora amakosa bari bakoze mu mukino uherutse kubahuza.

 

Yagize ati "Ikintu gitumye tubasha gutsinda iyi kipe ya APR HC ni uko twakosoye amakosa yose yari yagaragaye mu mukino duherutse gukina bakadutsinda. Twakosoye duhereye mu bw'ugarizi kugeza mu busatirizi. Twibanze cyane ku kurinda izamu ryacu ariko tukataka cyane izamu rya APR HC."

IP Ntabanganyimana akomeza avuga ko usibye inkingi za mwamba Police HC isanzwe ifite zirimo kapiteni w'ikipe CPL Mutuyimana Gilbert, Duteteriwacu Norbert, Tuyishime Zachalie, Nshimiyimana Alex, Haruna, n'abanyezamu aribo Bananimana Samuel ndetse na Agunda Ochengo n'abandi bakinnyi bagiye batandukanye. Kuri uyu mukino yari yazanye amaraso mashya ariwe Mukunzi Felix, umukinnyi wa Police HC wari umaze iminsi mu masomo hanze y'igihugu.

 

Mukunzi akaba ari nawe watsinze ibitego byinshi kuko yatsinze ibitego 12 wenyine, yakurikiwe na CPL Mutuyimana Gilbert watsinze ibitego 8 ndetse na Tuyishimire Zachalie watsinze ibitego 4.

Umunyezamu Agunda Ochengo akaba yigaragaje cyane kuko yashoboye gukuramo ibitego byabazwe, harimo penaliti 5 yashoboye kuvana mu izamu.

Biteganyijwe ko tariki 06 Nyakanga 2019, hazaba undi mukino wo kwishyura, Police HC yakongera gutsinda APR HC igakomeza kubika igikombe cya shampiyona kuko n'umwaka ushize ariyo yari yagitwaye.

Cyakora APR HC iramutse itsinze uyu mukino, hazabaho undi mukino wa kamarampaka kugira ngo haboneke itwara igikombe.

Umukino w'uyu munsi wari witabiriwe n'umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y'u Rwanda ushinzwe imiyoborere n'abakozi DIGP/ AP, Juvenal Marizamunda na ACP Yahaya Kamunuga, umuyobozi w' ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe imicungire y'abakozi (HRM),hari kandi n'abakunzi batandukanye b'ikipe ya Police HC.