Kuri iki cyumweru tariki ya 12 Ukwakira, ikipe ya Polisi y'u Rwanda y'umukino w'intoki wa Handball (Police HC) iri mu gihugu cya Maroc aho yitabiriye irushanwa ry'Afurika rihuza amakipe yitwaye neza mu bihugu byayo (African club championship) ribera mu gihugu cya Maroc yakomeje kwitwara neza itsinda umukino wayo wa kabiri wayihuje na Mekele 70 yo mu gihugu cya Ethiopia.
Ni nyuma y'uko ku mukino wa mbere ikipe ya Police HC yagombaga gukina ku munsi w'ejo tariki ya 11 Ukwakira n'ikipe ya Zamalek yo mu Misiri, itarabashije kugera ku kibuga iza guterwa mpaga.
Umukino wayihuje na Mekele 70 waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi, ariko Police HC ikarusha ikipe ya Mekele 70 ku buryo bugaragara ishyiramo ikinyuranyo cy'ibitego, kugeza ku munota wa nyuma w'umukino yegukanyemo intsinzi y'ibitego 39 kuri 17 bya Mekele 70.
Ni ku nshuro ya 46 iri rushanwa ryo ku mugabane w'Afurika ribaye, rikaba ryaritabiriwe n'amakipe icyenda (9) agabanyije mu matsinda abiri, aho u Rwanda ruhagarariwe n'ikipe imwe rukumbi, Police HC iri mu itsinda rya mbere, ku munsi w'ejo ikazahura n'ikipe ya Red Star yo mu gihugu cya Cote d'Ivoire.


Kinyarwanda
English











