Ikipe ya Polisi y’umukino w’intoki wa handball yegukanye irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika yo hagati n’I Burasirazuba. Iri rushanwa ryaberaga mu Rwanda guhera tariki ya 9 Ukuboza. Ryarangiye Police HBC itsize ikipe ya APR HBC ibitego 32-23. Umukino wabereye ku kibuga cy’inzu y’urubyiruko ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali. Igice cya mbere cyaragiye ku ntsinzi ya Police HBC y’ibitego 17 kuri 13 bya APR HBC .Umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri iri rushanwa ni uwa Police HBC witwa Mutuyimana Gilbert watsinze ibitego 13 mu mikino yose. Umutoza wa Police HBC Ntabanganyimana Antoine yavuze ko yishimiye gutwara iki gikombe ku buryo ikipe ye izakomeza kwitwara haba mu mikino mpuzamahanga ndetse no muri shampiyona y’igihugu mu gihe kiri imbere. Police Handball Club yari yatsinze tariki ya 10 uku kwezi ikipe yitwa Black Mamba yo muri Kenya ibitego 32-25. Naho iyi kipe ihagarariye Kenya yari yanganyije na APR HBC yo mu Rwanda ibitego 33-33.
Umwaka ushize iki gikombe cyari cyegukanywe n’ikipe ya Police yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Kinyarwanda
English











