Ikipe ya Polisi y’umukino w’intoki wa handball yatangiye neza irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika yo hagati n’I Burasirazuba. Iri rushanwa rirabera mu Rwanda guhera tariki ya 9 Ukuboza,iteganyijwe ko rikazasozwa tariki ya 12 Ukuboza,Police Handball Club yatsinze umukino wayo wa mbere tariki ya 10 uku kwezi ikipe yitwa Black Mamba yo muri Kenya ibitego 32-25.Umukino wabereye ku kibuga cy’inzu y’urubyiruko ku Kimisagara mu Mujyi wa Kigali.Iyi kipe ihagarariye Kenya yari yaganyije na APR HBC yo mu Rwanda ibitego 33-33. Kuri uyu wa gatanu tariki ya 11 Ukuboza, Police HBC irakina na APR HBC ku kibuga cya Kimisagara saa cyenda ukaba ari umukino utoroshye nk’uko bisanzwe bigenda iyo aya amakipe yombi yahuye.Umutoza wa police HBC Ntabanganyimana Antoine yavuze ko ikipe ye izakomeza kwitwara neza ku buryo bashobora no gutwara igikombe.

Kinyarwanda
English










