Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police Handball Club yegukanye ikindi gikombe cya gatatu mu mwaka w’imikino wa 2019

Nyuma y’igikombe cya Shampiyona y’igihugu ndetse n’igikombe cy’intwari z’u Rwanda, Ikipe ya Police Handball Club kuri uyu wa 04 Kanama 2019 yatwaye igikombe cy’igihugu.

Ni igikombe yatwaye imaze gutsinda amakipe yari yitabiriye iri rushanwa ariyo, Nyakabanda HC, Blue Tigers HC na College de Gisenyi (Inyemeramihigo).

Abakinnyi bose ba Police HC bagiye bagaragaza ubuhanga butangaje muri iri rushanwa ndetse bafasha ikipe yabo gutwara iki gikombe nk’uko basanzwe babigenza. Twavuga nk’abanyezamu Bananimana Samuel, Agunda na Uwimana Jackson. Mu bakina imbere mu kibuga twavuga nka kapiteni mushya w’ikipe CPL Duteteriwacu Norbert, Nshimiyimana Alex, CPL Mutuyimana Girbert, Rwamanywa Viateur na Nkengurutse Brax.

Aba bagendaga basimburanwa na bagenzi babo, bose batahiriza umugozi umwe kugira ngo bashobore guhesha ishema ikipe yabo.

Umutoza w’ikipe ya Police HC Inspector of Police(IP) Antoine Ntabanganyimana avuga ko we n’abakinnyi ayoboye bishimira igikombe batwaye kuko kije gisanga ibindi bibiri bari baherutse gutwara muri uyu mwaka harimo icya shampiyona baherutse gutwara mu ntangiriro za Nyakanga 2019 ndetse n’igikombe kitiriwe intwari z’u Rwanda batwaye muri Gashyantare uyu mwaka.
IP Ntabanganyimana avuga ko usibye no kuba baratwaye igikombe, iri rushanwa ryababereye umwanya mwiza wo gukora imyitozo yo kwitegura amarushanwa ahuza Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere k’Iburasirazuba mu mikino itandukanye (EAPCCO Games).

Yagize ati: “Njyewe n’abakinnyi banjye turishimira iyi ntsinzi, ariko wari n’umwanya mwiza wo gutegura amarushanwa twitegura hagati ya tariki 25 uku kwezi n’iya mbere Nzeri uyu mwaka.”

Kapiteni mushya w’ikipe ya Police HC, CPL Duteteriwacu Norbert avuga ko we n’abakinnyi abereye umuyobozi mbere na mbere bashimira ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda ndetse n’abafana muri rusange kuba baba hafi y’ikipe bakayifasha kwitwara neza.

Yagize ati: “Ndashimira abakinnyi bagenzi banjye uko bakomeje kwitwara, ariko cyane cyane ndashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’abafana ku nkunga badahwema guha ikipe kugira ngo ibashe kugera kuri izi ntsinzi. Burya intsinzi ntiva mu bakinnyi bagize ikipe bonyine.”

Iyi kipe ya Police HC itwaye iki gikombe nyuma y’aho kuwa Gatandatu tariki 03 Kanama 2019, ikipe ya Police yo mu irushanwa ryo kwiruka(Atletism) nayo yari yegukanye igikombe cy’igihugu mu marushanwa ategurwa muri uwo mukino.