Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police Handball Club yatsinze Nyakabanda HBC 52-24 muri shampiyona

Ikipe y’umukino w’intoki Police HBC ikomeje kwitwara neza muri shampiyona y’uyu mukino aho mu mpera z’icyumweru  gishize  yatsinze imikino ibiri yakinnye.

Kuwa gatandatu yatsindiye ishuri ryisumbuye E S Urumuli ku kibuga cyayo mu karere ka Karongi ibitego 38 kuri 14.

Muri uyu mukino abakinnyi ba Police HBC batsinze ibitego byinshi ni Kanyandekwe Gaston watsinze 9 na mugenzi we Nkengurutse Brax watsinze 7.

Bukeye bwaho ku cyumweru,nanone Police HBC yongeye gushimangira intsinzi ubwo yihereranaga Nyakabanda HBC ikayitsinda inayirusha cyane ibitego 52 kuri 24. Abatsinze ibitego byinshi ni Tuyishime Zacharie watsinze ibitego 9 na Nshimiyimana Alexis watsinze ibitego 10.

http://police.gov.rw/fileadmin/user_upload/News_Images/hand.jpg

Umutoza wa Police Handball Club Turatsinze Dismas yavuze ko iyi ntsinzi bayikesha ishyaka, ubwitange ndetse no gukorera hamwe nk’ikipe hakaniyongeraho n’imyitozo myinshi y’abakinnyi.

Yakomeje avuga kandi ko uku kwitwara neza bituruka ku bufasha bw’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’ubw’ikipe bubahora hafi ndetse bukanabagira inama. Umutoza wa Police Handball Club yanatangaje ko intego bafite ari ukwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka w’imikino.

Police HBC imaze gukina imikino itanu ya shampiyona y’uyu mwaka kuva yatangira. Iyi mikino bayikinnye na Koleji ya Gisenyi (Inyemeramihigo), Kaminuza y’u Rwanda-ishami rya Huye, Ishuri ryisumbuye rya ADEGI, ES Urumuli na Nyakabanda HBC yose ikaba yarayitsinze.

Ku rutonde rwa Shampiyona kugeza  ubu Police HBC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 10 ku manota 10, ku mwanya wa kabiri hari Ishuri ryisumbuye rya ADEGI Gituza n’aamnota 8, kuwa 3 hari Koleji ya Gisenyi (Inyemeramihigo) nayo ifite amanita 8 naho APR HBC ikaba iri ku mwanya wa kane n’amanota 6.

http://police.gov.rw/fileadmin/user_upload/News_Images/handa_ball_team.jpg

Mu mpera z’icyumweru gitaha tariki ya 31 Uku kwezi, Police HBC izahura na GS Munyove mu karere ka Rusizi.

Twabibutsa ko iyi kipe yari iherutse kwegukana igikombe cy’Intwari z’u Rwanda mu kwezi gushize itsinze ikipe bahora bahanganye ya APR HBC ku bitego 46-37. Police HBC ni nayo ifite ibikombe bya shampiyona ya 2014, 2015 na 2016.