Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police Handball Club yasoje ijonjora iyoboye itsinda

Kuri iki cyumweru tariki 02 Kamena 2019 hatangiye amarushanwa yo mu mukino w'amaboko uzwi ku izina rya Handball.

Ni irushanwa rigamije kwibuka abakinnyi bazize Genocide yakorewe abatutsi mu 1994. Amakipe agera 13 y'imbere mu gihugu niyo yitabiriye aya marushanwa.

Itsinda ririmo ikipe ya Police HC , ES Kigoma, Nyakabanda Handball Club, UR-Nyarugenge ,UR Huye na GS de Butare (Indatwa n'inkesha)  kuri uyu wa 02 Kamena bakiniye mu karere ka Huye.

Aya makipe akaba yagombaga kwishakamo amakipe 3 azakomeza mu kindi kiciro. Police HC ikaba ariyo yayoboye iri tsinda nyuma yo gutsinda aya makipe bari bari kumwe.

Umukino yatangiriyeho yawutsinze biyoroheye aho yatsinze UR-Nyarugenge ibitego 44 ku bitego 8. Iminota 30 y'igice cya mbere cy'umukino cyarangiye Police HC ifite ibitego 21 ku bitego 3 bya UR Nyarugenge.

Abakinnyi ba Police HC bagiye bigaragaza cyane muri uyu mukino aho CPL Duteteriwacu Norbert yatsinze ibitego 13,Nshimiyimana Alexis na Bizimana Haruna batsinze ibitego 6 mu gihe Nkengurutse Brax yatsinze ibitego 5 mu mukino wose.

Nyuma y'uyu mukino, Police HC yakinnye na Nyakabanda HC, umukino warangiye Police HC itsinze ibitego 24 kuri 12.

Abakinnyi ba Police HC barimo CPL Duteteriwacu,Rwamanywa Viateur, Nshimiyimana Alex n'umunyezamu Uwimana Jackson nibo bigaragaje cyane muri uyu mukino.

Nyuma y’iyi mikino yombi, hakurikiyeho umukino wari ukomeye cyane wo gushaka ikipe iyobora itsinda ryo mu Majyepfo. Ni umukino wahuje Police HC na ES Kigoma.

Uyu mukino waranzwe n'ishyaka ryinshi kuko aya makipe yombi buri imwe yari iya mbere mu itsinda byakinanaga. Iyi ES Kigoma yari imaze gutsinda GS de Butare na UR-Huye.

Umukino wa Police HC na ES Kigoma wari ukomeye ku mpande zombi kuko iminota 30 y'igice cya mbere yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 15 kuri 15.
 
Bagarutse mu gice cya kabiri abasore b'ikipe ya Police HC bariye karungu botsa igitutu ikipe ya ES Kigoma, habura iminota 7 ngo umukino wose urangire imvura yahagaritse umukino gusa Police HC yari iri imbere n'ibitego bibiri kuko byari bimaze kuba ibitego 27 bya Police HC kuri 25 bya ES Kigomba.

Twabibutsa ko mu itsinda ry'Amajyepfo hakomeje Police HC, ES Kigoma na Nyakabanda HC.

Nyuma y'iyi mikino umutoza w'ikipe ya Police HC, Inspector of Police (IP) Antoine Ntabanganyimana yashimiye abakinnyi be uko bitwaye anavuga ko yifuza kugumana iki gikombe kuko n'umwaka ushize aribo bari bagitwaye.

Yagize ati:"Gukina imikino 3 yikurikiranya nta karuhuko gaciyemo ntibiba byoroshye, gusa ndashimira abakinnyi banjye uko bitwaye.Turashaka kugumana iki gikombe kuko n'umwaka ushize nitwe twari twagitwaye. "

IP Ntabanganyimana yakomeje avuga ko umukino akinnye na ES Kigoma ubahaye umukoro ukomeye wo gukora imyitozo myinshi kugira ngo bazashobore kwitwara neza mu mikino izakurikiraho.

Usibye itsinda ryo mu Majyepfo,hari irindi tsinda ryo mu Burasirazuba ririmo ikipe ya APR HC naryo ryakiniye mu karere ka Ngoma (i Zaza).

Ikiciro gikurikiraho muri iri rushanwa kizakomereza mu mujyi wa Kigali mu matariki 07-08 Kamena hanakinwa umukino wa nyuma.

Biteganyijwe ko hari amwe mu makipe azaturuka mu bihugu byo mu karere k'umuryango w'Iburasirazuba azaza kwitabira aya marushanwa.